RFL
Kigali

Nyuma ya Burna Boy wujuje imyaka 30, Mr. Eazi uherutse mu Rwanda nawe yayizihije mu birori bidasanzwe-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:21/07/2021 15:36
0


Ubwo Mr Eazi yizihizaga isabukuru y’amavuko y’imyaka 30 mugenzi we Burna Boy nawe aherutse kwizihiza, yizihije isabukuru mu birori bikomeye byabereye mu gihugu cya Ghana akaba ayigize mu gihe gito amaze avuye mu Rwanda.



Mr Eazi uherutse mu Rwanda yujuje imyaka 30 mu minsi micye amaze avuye mu Rwanda aho yari yitabiriye imikino ya BAL 2020 akanazenguruka ibice binyuranye by’iki gihugu ndetse akanatangaza umushinga w’amafaranga atari macye w’ibikorwa bya kompanyi yashinze mu Rwanda.

Ubwo yari mu Rwanda yasuye inzu y'ubucuruzi ya Zoi y'abavandimwe barimo na Miss Rwanda 2020 Ishimwe Naomie

Akaba yizihije imyaka 30 haciyeho iminsi micye mugenzi we mu muziki Burna Boy banakomoka mu gihugu kimwe nawe ayizihije bose bakaba baravutse mu kwezi kumwe n'ubwo amatariki atandukanye. Burna Boy akaba yaravutse kuwa 02 Nyakanga 1991. Ubwo yuzuzaga imyaka 30 yatangaje ko atigeze abitekereza ko azayigeza maze akorera ibirori by'agatangaza muri Amerika muri Miami.

Paul Pogba ari mu bitabiriye isabukuru y'amavuko ya Burna Boy yo kuwa 02 Nyakanga 2021

Mr Eazi nawe ubwo yizihizaga isabukuru y’imyaka 30, ibirori bikaba byabereye mu murwa mukuru wa Ghana, Accra. Ni ibirori by'agatangaza nk'uko bigaragazwa n’amafoto n’amashusho yafatiwe muri ibi birori.

Eazi ubwo yasangizaga abamukurikira bimwe mu byaranze ibirori by’isabukuru ye y’amavuko yongeyeho ubutumwa bugaragaza ko yanezerewe bikomeye. Ati:” Nagize ibirori by’akataraboneka by’umunsi w’amavuko hamwe n’abantu banjye ba bugufi, wari umunezero udasanzwe ndumva ndi umunyamugisha, ndabashimiye mwese abifatanije nanjye kuri uyu munsi.”

Burna Boy na Mr Eazi mu busanzwe ni inshuti z'akadasohoka

Oluwatosin Ajibade (Mr Eazi), yavutse kuw 19 Nyakanga 1991, akomoka mu gihugu kiri mu by’imbere  mu muziki w’Afrika cya Nigeria, ni umwanditsi, umuririmbyi n’umushabitsi. Akora injyana yamamaye mu bihugu birimo Ghana na Nigeria ya Banku, ni imwe mu zigize Afrobeat. Kuri ubu atuye muri Ghana aho yageze guhera mu 2008 mu gace ka Kumasi yatangiye umuziki by’umwuga yiga muri kaminuza.

Hari  mu mwaka wa 2012 akora injyana zanyuze abatari bacye kuva ubwo yemeza abakunzi b’umuziki ahereye mu gace atuyemo ka Kumasi kugera mu bice byinshi by’isi.

AMWE MU MAFOTO Y’ISABUKURU YA MR EAZI

KANDAHANO WUMVE INDIRIMBO YA  LEG OVER YA MR EAZI YATUMYE YAMAMARA MU MWAKA WA 2017

">








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND