Umukinnyi ukina ikiciro cya mbere muri shampiyona y’u Bwongereza kuri uyu wa mbere byamenyekanye ko yatawe muri yombi akurikiranweho gufata ku ngufu.
Uyu
mukinnyi banze gutangaza izina rye, icyamenyekanye ni uko akinira ikipe ya
Everton ndetse akaba afite imyaka 31 y’amavuko akaba yaratawe muri yombi
akurikiranweho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa.
Mu nyandiko y’ikipe ya Everton yatangaje ko
umukinnyi yafashwe kandi bagomba gukomeza gukurikiza igisabwa kuri uyu mukinnyi
bivugwa ko yafatiwe mu mujyi wa Manchester. Ibi bibaye habura igihe gito ngo
shampiyona itangire kuko tariki 14 Kanama aribwo amakipe azamanuka mu mwaka w’imikino
2021/22.
TANGA IGITECYEREZO