Ni nyuma y'aho Diamond Platnumz aguze imodoka y’agatangaza igendamo bake muri Afurika, Mzee Abdul wihakanywe na Diamond ko atari we Se, yatangaje ko adashishikajwe n’iby’isi umuhungu we yaguze kuko nta gaciro bifite mu maso ye bityo ko Diamond atagakwiriye kumera amababa ku by’isi.
Diamond, akigeza imodoka ye nshya Rolls
Royce Cullinan muri Tanzania, abantu bose
barakangaranye, gusa ibi byose Se Abdul n'ubwo yamwihakanye, abibona nko kubona ibintu
utarigeze unabibona bitambuka mu muhanda ukaba wakwiremereza cyane. Iyi
modoka ya Diamond 'Rolls Royce Cullinan' iri mu zihenze kuko igura
asaga Miliyoni 330 z’Amanyarwanda.
Mu kiganiro gito yagiranye na Bongo
Touch, uyu musaza yabajijwe impamvu atashishikazwa kugendera mu modoka y'umuhungu we, iri mu zitunzwe na bake cyane mu gihugu, maze mu
gisubizo cye, avuga ko ikintu yizera ko ari gito kuri we ni ‘isanduku’,
ishobora gutuma abantu benshi bagutwaraho agasazana nayo. Yavuze ko aricyo
kintu cyonyine gisigaye mu buzima bwe yizera kuko ibihenze byose yari yarabibonye mbere
n'ubwo atabitunze ariko amasoye arabizi.
Uyu musaza wagize ati: "Ikintu cyonyine gisigaye
kuri njye, ntegereje isanduku yanjye gusa, n’ubundi iriya modoka ntabwo
bayinshyinguramo, muhungu wanjye reka kuyagara iby’isi biraguruka, ariko
isanduku murajyana, rero niyo nizera kandi ntegereje".
TANGA IGITECYEREZO