Ni kenshi humvikana abantu babengewe ku karubanda, ibintu bishobora gutuma umwe atekereza nabi cyane iyo hari amafaranga yagutanzeho nk’uko umusirikare wo muri Nigeria yaruhiye umukobwa yakundaga akamuha amafaranga menshi azi ko bazabana bikarangira amurashe.
Mu nkuru zibabaje ziri kuvugwa hirya no hino muri
Nigeria, ni uburyo umusirikare yishe umukunzi we amurashe. Ni nyuma y'aho bari
bamaze imyaka 4 yose bakundana, amafaranga umusirikare yabonaga yose yayahaga
uyu mukobwa akishyura ishuri akanatunga barumuna be kuko yari yaramaze kwizera ko
azamubera umugore w’ubuziraherezo.
Mu nkuru ya Noovell itatanganje amazina y’aba
bombi, ivuga ko uyu musore w'umusirikare yishyuriye Kaminuza umukobwa, akanamuha n’andi
mafaranga ku ruhande amufasha imibereho ya buri munsi kugira ngo atazandagara
kandi afite umukunzi umukunda bya nyabyo. Icyababaje umusirikare ni uburyo
yasabye umukobwa kuzamubera umugore w’iteka undi arabyanga.
Umusirikare wari washinze ivi hasi
ategereje ko umukowa avuga ijambo ‘Yes’, yaribuze yumva irimuhakanira ko batabana. Umujinya w’umuranduranzuzi wamusagutse ahita amunyuzamo urusasu umukobwa
arapfa. Ibi bisigira isomo benshi kwirinda kubeshya umuntu ko uzamubera umugore
cyangwa umugabo mu gihe bitakurimo ahubwo ushaka kumutwara ibye birimo
amafaranga ibyo benshi bazi ku mvugo yo ’Gukura’. Gusa na none igikorwa uyu musore yakoze kiragayitse kuko yari akwiye gushaka inzego zimurenganura aho kwica umuntu.
TANGA IGITECYEREZO