RFL
Kigali

Akuze wazamusobanurira iki? Umwana yavutse acigatiye mu kiganza agapira nyina yari yariteje ngo atazamubyara–AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:17/07/2021 8:16
0


Ni kenshicyane abagore n’abakobwa bakora ibizwi nko kwiteza ‘agapira’ kugira ngo badasama inda, hari abo byanga bikarangira basamye nk’uko umugore yakiteje ngo yirinde gusama biba iby’ubusa maze umwana nawe yerekana ibitangaza avuka agapfumbase.



Ni inkuru yasakaye hirya no hino ku isi aho umugore witwa Paula Dos Santos wo muri Brazil, yari yariteje agapira gashobora kumara imyaka 5 kamurinda gusama, yaje gusama aho mu minsi ishize yabyariye mu bitaro bya Lio De Janeiro. Umufotozi ukunda gufotora abana bato bakivuka, Michelle Oliveira, yavuze ko umwana wavutse ari "igitangaza" kubera ko nyina yari amaze imyaka itatu akoresha agapira, IUD (Intra-utérin dispositif).


Umwana yavutse apfumbase agapira ka nyina mu ntoki

Nk'uko Newsweek ibitangaza, Oliveira ati: "Njyewe maze imyaka irenga itanu mfotora abana bakivuka. Igitekerezo cyanjye ni ugukora ibihe byo kwibuka umuryango runaka nabo barabyibuka, cyane cyane ku mwana akura yiyizi kuko hari ababura amafoto ari abana, bikanamfasha kubaka inkuru no gukora ibintu byiza nibuka, umwana akivuka yari afite agapira IUD (dispositif intra-utérin) mu kiganza nyina yari yariteje ngo atazagira umwana asama”.


Umubare w'inda ku bagore bakoresha IUD ni 0,6%, nk'uko bitangazwa na Beatriz Tupinambá, umuganga w’ububyaza wa Rio de Janeiro. Ariko ntibiyumvisha uburyo agapira kageze ku mwana. Twavuga ko biba ari nk’ibitangaza. Umwana akuze yumva amakuru nk’aya ashobora kwanga nyina wamubyaye dore ko na nyina kubona ubwisobanuro byaba ingorabahizi. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND