RFL
Kigali

Umujyi wa Kigali n’uturere 8 byashyizwe muri Guma mu Rugo naho amashuli akomeza gufungwa abazakora ibizamini bazamenyeshwa igihe

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:15/07/2021 2:42
1


Icyorezo cya Covid-19 kimaze iminsi 596 ku Isi cyambuye ubuzima abasaga miliyoni 4 ku Isi. Kuwa 14 Nyakanga 2021 Inama y’Abaminisitiri yanzuye ko Umujyi wa Kigali n’uturere 8 bijya muri Guma mu rugo kubera ubwiyongere bukabije bw’icyorezo. Amabwiriza azatangira kubahirizwa kuwa 17 Nyakanga kugera ku ya 26 Nyakanga 2021.



Umunsi ku wundi niko iki cyorezo cya Covid-19 kiri kugenda gikara ndetse kinahindura ubukana dore ko mu minsi ishize ari bwo hatangajwe ubundi bwoko bwa Covid-19 bwahawe izina rya Delta. Nyuma y'uko iki cyorezo kitari gucogora Leta y’u Rwanda iri gukora igishoboka cyose ngo yite ku baturage bayo kimwe n'izindi leta zitandukanye hirya no hino ku Isi.

Kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021 ni bwo Inama y’abaminisitiri yateranye ifata imyanzuro igamije guca intege iki cyorezo, imwe mu myanzuro yafashwe harimo gahunda ya Guma mu rugo mu turere umunani twiyongera ku Mujyi wa Kigali aho byashyiriweho ingamba zikomeye kubera ubwiyongere bw'ikwirakwira ry’iki cyorezo. Uturere twashyizwe muri Guma mu Rugo ni Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro.

Nk'uko bishimangirwa n’itangazo ry'Ibyemezo by'Inama y’abaminisitiri yabaye kuyu wa 14 Nyakanga 2021 iyobowe n’umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Paul Kagame, Abatuye muri utwo duce twavuze haruguru cyo kimwe n’Abanyarwanda bose muri rusange basabwe kugabanya mu buryo bushoboka impamvu zatuma bakora ibikorwa byatuma bahura ari benshi cyangwa gukora ingendo zitari ngombwa.

Bimwe mu bikubiye muri iri tangazo ni uko uturere 8 ndetse n’umujyi wa Kigali byashyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo, gusurana birabujijwe ndetse no gukora ingendo keretse ku mpamvu z’ingenzi nk’izerekeye ubuzima, guhaha ibiribwa, kujya kuri banki n’abakozi bagiye gutanga izi serivisi.

Ku rundi ruhande, abantu batuye muri utu turere 8 ndetse n'abo mu mujyi wa Kigali ibikorwa bya siporo ikorewe hanze birabujijwe cyo kimwe n’ingendo z’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange. Gusa imodoka zitwara abakozi bagiye mu bikorwa byemerewe gukomeza gukora, zo zizajya zigenda.

Ikindi ni uko moto n’amagare ntabwo byemerewe gutwara abantu ariko bishobora kwifashishwa mu gutwara imizigo. Iyi nama yagarutse ku bijyanye n'abatanga serivise zo mu biro by’inzego za leta n’iz’abikorera ko bigomba gufungwa “kereka abatanga serivisi z’ingenzi zisaba kujya aho basanzwe bakorera”.

Abacuruza ibiribwa, imiti, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho by’ibanze byemejwe bazakomeza gukora ariko bagakoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza gukora bizajya bifunga saa Kumi n’imwe z’umugoroba.

Ku rundi ruhande, amashuri yose harimo na za Kaminuza arafunze naho ku banyeshuri bazakora ibizamini bya leta hazatangazwa amabwiriza yihariye abareba nyuma.

Soma Itangazo rikubiyemo ibyavuye muri iyi nama yo kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021: 















TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwiringiyimana Alice2 years ago
    Murakoze!igitekerezo cyane:numvaga biramutse bishobotse,mwarekura abashaka kujya muntara muriyi minsi 2,Bakagenda.kugirango ubuzima burusheho kutworohera.murakoze!





Inyarwanda BACKGROUND