Rafael Benitez yagombaga kubona akazi muri Everton nk'umutoza mukuru, ariko kubera yatoje Liverpool byahise birangira uko.
Everton
yari yatangaje ko yamaze kumvikana na Rafael Benitez ko ariwe mutoza mushya ugomba
gusimbura Carlo Ancelotti. Nyuma y'uko abafana bumvise aya makuru ko Rafael
Benitez watoje Liverpool ariwe ugiye gutoza iyi kipe bifatiye ku gakanu
ubuyobozi ndetse bakora n'imyigaragambyo bamagana uyu mutoza.
Abafana bari bamanitse ibyapa ahantu hose
Abafana
bavugaga ko batatozwa n'umutoza wagiriye ibihe byiza muri Liverpool ko baba babaye insina ngufi ndetse mu mahame yabo ibyo bitabaho. Ubuyobozi bwa
Everton bucyumva ibi bwahisemo kureka guha akazi uyu mutoza kuko bavuga ko nta mugisha wazabibamo mu gihe abafana batabishyigikiye.
Rafael Benitez yatwaranye Champions League na Liverpool mu 2003 ndetse icyo gihe Liverpool yari ifite ijambo mu Bwongereza, ari nayo mpamvu uyu mutoza afatwa nk'umunyabigwi w'iyi kipe.
Rafael Benitez ubwo yari muri Liverpool
TANGA IGITECYEREZO