Nimubona Yves ni we wegukanye Kigali Half Marathon, Muhitira Felicien aba uwa 4, mu gihe mu bagore imyanya ibiri ya mbere yegukanwe n’u Rwanda.
Muri
iki gitondo imihanda ya Kigali yari yifashishijwe mu irushanwa rya Kigali
International Peace Marathon, irushanwa mpuzamahanga ngaruka mwaka ryari ribaye
ku nshuro ya 16. Abakinnyi bose bitabiriye babanje kwerekana ibyangombwa by'uko
bipimishije Covid-19 kandi bafite ubuzima buzira umuze.
Minisitiri
wa Siporo Aurore Mimosa ni we watangije iri rushanwa ku mugaragaro
Mu
gice cy'abiruka igice cya Marato ubwo ni ibirometero 21, mu bagabo Nimubona Yves
ni we wabaye uwa mbere akaba akinira ikipe ya APR, akoresheje isaha imwe iminota 3 n'amasegonda 34, yakurikiwe na Kimining Shadrack Korir warushijwe
amasegonda icumi n'uwa mbere, mu gihe uwa 3 yabaye Joel Mwangi Maina warushijwe
umunota n'amasegonda 2 Muhitira Felicien bakunze kwita Magare akaba yaje ku
mwanya wa 4.
Mu bagabo
Mu bagore ni uku bakurikirana
Mu
bagore Marthe Yankurije ukinira APR Athletics Clus ni we wabaye uwa mbere
akoresheje isaha imwe iminota 15 n'amasegonda 7, akurikirwa na Adeline
Musabyeyezu bakina mu ikipe imwe na we wakoresheje isaha imwe iminota 16
amasegonda 28, Kimitei Edna Jerono yabaye uwa gatatu akoresheje isaha imwe
iminota 19 amasegonda 49.
TANGA IGITECYEREZO