RFL
Kigali

Urushyi ruvuza ubuhuha Guverineri wa Nairobi yakubise umugore w’umunyapolitiki rwatumye acibwa Miliyoni 30 z'amashiringi

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:19/06/2021 13:01
0


Uwahoze ari Guverineri w’umujyi wa Nairobi, Evans Kidero, urushyi ruvuza ubuhuha yakubise umugore w’umunyapolitiki Rachel Shebesh rwatumye acibwa akayabo ka Miliyoni 30 z'amashiringi nk’impozamarira.



Evans Kidero, kubera gukubita umunyapolitiki mugenzi we mu 2013, byatumye uyu mugore arubabara iminsi bituma acibwa amande ari hejuru. Miliyoni 30 z'amashiringi ya Kenya yaciwe, arakabakaba Miliyoni 272 z'amanyarwanda.


Kidero na Rachel bakiri abayobozi i Nairobi

Mu kiganiro kuri Radiyo Ghetto, Shebesh, icyo gihe wari uhagarariye abagore i Nairobi, yavuze ko ubu yahawe ayo mafaranga kubera urugomo yakorewe akemeza ko ibyo yakorewe na Kidero nta wundi mugore yatinyuka kongera kubikorera.

Rachel yagize ati "Kidero yarishye Amadorali menshi cyane, ntashobora kongera kurota akora iryo kosa ngo akubite umugore , sinzi niba hari uwo byakorohera kwishyura kariya kayabo, yanyishyuye hafi Miliyoni 30 z’Amashilingi’.

Ikinyamakuru Nairobinews kivuga ko kuba amateka yabaho ari rwo rushyi rwanditse amateka rurishywe akayaho mu mateka ya Kenya yewe n’Afurika muri rusanjye aho ushobora gusanga no ku isi ruri mu rushyi ruhenze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND