RFL
Kigali

Isomo ku bakobwa! Paula wiga muri Kaminuza washutswe n’umusore bakundana akamwoherereza amafoto y’ubwambure ari kurira ayo kwarika

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:19/06/2021 10:22
2


Ni kenshi cyane ushobora kubona abantu bashuka abandi bakaboherereza amafoto y’ubwambure bwabo, ibi bishobora kugutera ikimwaro n’icyasha utazakira nk’uko umukobwa Paula wiga muri Kaminuza ya Makerere yababajwe n’umusore bakundana.



Abakoresha imbuga nkoranyuambaga bamwe babonye amafoto y’umukobwa uri kwiyambura ipantalo, kugeza ubwo imyenda yose ayikuyemo, kwari ukugira ngo yoherereze umukunzi we amafoto n’amashusho kuko yari yabimusabye amwinginga, nawe kubera kumukunda cyane yumva atabimwangira.


Mu nkuru y’ikinyamakuru gikorera muri Uganda, kivuga ko Paula yiga muri Kaminuza ya Makerere mu bijyanye n’ubucururuzi “MUBS’. Yagaragaje isoni n'ikimwaro ko yagiye ahura na byo kuva iyi videwo yatangira gusakara kuri WhatsApp yewe no mu muryango we bayibonye.

Paula aganira n’umunyamakuru wa Campusbee yavuze ko ababyeyi be bamaze kumenya iyo videwo, akavuga ko umukunzi we yamuhemukiye cyane. Ati “Uwahoze ari umukunzi wanjye yahisemo kungaragariza muri videwo nari namwoherereje. Ariko kubera ko nahisemo guhagarika umubano na we mbere, yahisemo kunsebya akwirakwiza ubwambure bwanjye ku mbuga nkoranyambaga, gusa ndicuza.


Ibi byakabaye isomo ku bakobwa wese kuko aribo bakunzwe gushukwa ngo boherereze abakunzi babo amafoto agaragaza imyanya yabo y’ibanga ibyatuma wiheba mu gihe wasanze byasakaye hose.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mukabunanemariachantal@gmail.com2 years ago
    Ihangane gusa nanjye ndagira inama abakobwo bose ko ababikora babireka
  • Eric dusengimana2 years ago
    Abakobwa mwex mufatire urugero kuri paula mwirinda ko ibyamubae ho namwe ejo byababaho!





Inyarwanda BACKGROUND