Nyuma y'aho umuhanzi ukunzwe cyane kandi w’umuherwe wo muri Kenya, Bahati yikomwe n’itangazamakuru rimushinja kuba yarakoze indirimbo ‘Pete Yangu’ ifitanye isano n’iy’umuhanzikazi Butera Knowless yise ‘Peke Yangu’, kuri ubu uyu muhanzi wahoze akora umuziki wa Gospel akaza kuwuvamo yagize icyo abivugaho.
‘Pete Yangu’ ya
Bahati yakoranye n’umuhanzikazi Nadia Mukami, ni yo ndirimbo iri kubica bigacika
muri Kenya mu zigize Album ye yise ‘Love Like This’ ari nayo Album ye ya mbere ya 'Secular'. Abantu batandukanye bazi
gukurikirana ibya muzika, bavuga ko iyo wumvise neza izi ndirimbo zombi wumva
harimo akantu k’injyana bihuje ariko amagambo n’ubutumwa bikaba bitandukanye
kuko ahanini muri ‘Pete Yangu’, Bahati aba ashaka kuvuga ‘Impeta yanjye’, mu gihe ‘Peke
Yangu’ ya Butera Knowless bisobanuye ‘Njyewe ubwanjye’.
Bahati na Nadia bakoranye indirimbo 'Pete Yangu'
Kuguma kumutarama mu
bitangazamakuru bamushinja ubunebwe no guhuza injyana ye na Butera Knowless ufatwa nk'umwamikazi wa muzika nyarwanda,
byatumye Bahati agira icyo avuga ku ndirimbo ye, anasaba abafana be kwamagana abashako
bamwanga.
Butera Knowless
Bahati yanyarukiye ku rukuta
rwe rwa Instagram maze Bahati agira ati: "Ni ibisanzwe, iyo uri nimero ya
mbere benshi barakwanga ariko ntibaba bazi impamvu Imana yaguhisemo mu
bandi. Hari abantu numvise bari gushinja
Album yanjye ‘Love Like This’ amakosa yo gushishura, ariko ntibazi ko ikunzwe cyane,
niyo ya mbere ikanikurikira mu zikunzwe’.
Umva akantu kari gukinwa basanisha kwiba igihangano
">
TANGA IGITECYEREZO