Ni nyuma y'aho umuhanzi umaze kuba ikirangirire muri Afurika, Burna Boy ashyikirijwe igihembo cya Grammy Award yari yaratsindiye muri Kamena 2020 ntiyagishyikirizwa kubera impamvu za Covid-19, amafoto n’amashuho y’uyu muhanzi anywera inzoga mu gikombe yahawe yishimira iki gihembo yasakaye cyane ku mbuga nkoranyambaga.
Burna Boy yamenyekanye cyane mu mateka ya Grammy ubwo yabaga ku nshuro ya 63,
yahawe igihembo abikesha Album ye yise ‘Twice as Tall’ yabaye
Album nziza mu gice yari ahatanyemo cya Best Global Music
Album mu mwaka
wa 2020. Burna Boy ukomeje kwandika amateka, ni umuhanzi
wa mbere muri Afurika wagize Miliyoni 100 kuri Boomplay z'abumvise indirimbo ye.
Burna Boy wamaze umwaka wose ategereje
ko ashyikirizwa igikombe cye, ubu akomeje ibirori mu
kwishimana n’inshuti ze. Igitangaje ni uko ibirori akora byose mu kwishimira intsinzi
ategeka ko agomba kunywera inzoga muri icyo gikombe cya Zahabu yahawe.
Burna Boy umuhanzi ukunzwe muri Afurika
Mu mashusho, bafata icupa ry’inzoga bagasuka
mu gikombe yahawe nawe agaterera ku munwa akagotomera ubudakuka.
TANGA IGITECYEREZO