RFL
Kigali

Umuvugizi wa RIB yihanganishije Israel Mbonyi anatangaza itegeko rigonga umuntu wamubitse ari mutaraga

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:8/06/2021 12:34
0


Ni nyuma y'aho tariki 6/6/2021 imbuga nkoranyambaga zo mu Rwanda zatangiye guhererekana amakuru mabi ku muhanzi Israel Mbonyi avuga ko yitabye Imana kandi atari ukuri ahubwo ari ibihuha. Uyu muhanzi yamaganiye kure ibi bihuha avuga ko ari muzima ndetse yabwiye InyaRwanda ko adaheruka no kurwara ibicurane.



Abantu bakataje gukoresha urubuga rwa Youtube aho bashyiraho ibintu bitari byo rimwe na rimwe kugira ngo abantu babirebe ari benshi kandi ari ibihuha bikomeye, bimaze gufata indi ntera aho bica n’umuntu akiriho mu gushitura abantu ngo bumve amakuru y’ibinyoma bityo babone za 'Views'.


Israel Mbonyi yabitswe ari muzima 

Israel Mbonyi wabitswe n’urukuta rwa Yoube rwitwa ‘Faster Tv Show’ yatangarije itangazamakuru ko ntacyo bimubwiye yewe ko n’uwabikoze yashakaga amaramuko, anaboneraho kumwifuriza gutera imbere. Abatari bake bumvaga ko uyu muntu agomba gukurikiranwa agatabwa muri yombi kuko yakoze icyaha, gusa Mbonyi ibyo kurega nyiri iyi shene ya Youtube yamubitse ntabikozwa.


Umuvugizi wa RIB,Dr Murangira Thierry yihanganishije Israel Mbonyi

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, abicishije kuri Twitter ye, yihanganishije uyu muhanzi wabitswe ari muzima anahishura ingingo y’itegeko ryari kugonga uwamubitse.

Yagize ati: "Ni icyaha ku muntu ukora ibyaha yifashishije ikoranabuhanga agatangaza ibihuha bishobora gutera ubwoba, imvururu cyangwa ibishobora gutuma umuntu atakarizwa ikizere, iyo umuntu ahamwe n’iki cyaha ahanishwa ingingo ya 39, agafungwa imyaka iri hagati 3-5 n’ihazabu y’amafanga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni imwe ariko zitarenze 3, Rero ntabwo bikwiye, Israel Mbonyi ihangane".


Israel Mbonyi umuhanzi ukunzwe cyane mu muziki wo kuramya no gihimbaza Imana yabitswe ari muzima





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND