RFL
Kigali

”Umukobwa wanyu yananiye ndara nk'utarigeze arongora” Amarira ya Brian wataye umutwe kubera Angel!

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:7/06/2021 8:03
2


Ubushize Paul yatubwiye ko hari abasobanura urukundo nk’umukino w’amakarita, abandi bakarusobanura nk’urusimbi. Mu by’ukuri urukundo ni ikintu gitangaje. Brian we yakundanye n’umukobwa wamubeshyaga barabyarana nyuma akajya amuta akigendera Brain agasigara wenyine nk’aho atigeze arongora.



Brian yahuye n’uruvagusenya! Brian ni umugabo w’umugore umwe n’umwana umwe. Agira urukundo ku buryo nawe ubwe yiyibagirwaga ariko agakunda uwo basezeranye kubana akaramata nyamara we akamwumva yarangiza akamuca inyuma amaze gusohoka cyangwa bagasohekera rimwe, buri wese aciye mu muryango w’inzu yabo na cyane ko inzu yabo yagiraga imiryango ibiri isohoka. Niba wasomye neza aba bombi baracunganaga bihagije ariko umwe abeshya undi.

Mu rwandiko Brian yandikiye umufasha we Angel yaranditse ati” Mama! Rukundo rwanjye, rukundo rwanjye kuva kera, mukunzi nakunze nkiri umusore none dore maze kubyara rimwe ubu sinkiri umusore ukundi nabaye umugabo kuko nasezeranye nawe akaramata, twasezeranye urwa burundu none dore ruri kuba urw’isegonda naryo rituzuye.

Rukundo maze iminsi ndi njyenyine, maze iminsi nirirwa nkutegereje, nkagukumbura twicaranye, nkagukumbura nkubona nyamara wowe, iyo wicaye uba wimara irungu na cya gitelefoni cyawe kinini naho njye amasazi ariyo ari kumbuza kukureba kuko mba ntaguheruka, dore ubu umukoro w’umwana ni njye usigaye awukosora. Uragenda ukagaruka bucyeye, uragenda ntunavuge, ese rukundo ntuzi ko nkukunda ?”.

N'ubwo Brian yavugaga aya magambo ariko yasaga nk'uri kwasa igishyitsi cyumye kera cyane, Angel rwose yabaga yashyizemo bimwe bumviramo umuziki mu matwi maze akamwima umwanya. Urukundo rw’aba bombi rwari rumeze nk’umukino w’amaguru gusa abafana babaga bahishwe uko uri kugenda kuko nta n'umwe wemeraga ko babanye nk’injangwe n’imbeba n’ubwo ingaragaro yabo ariyo yabagaragazaga neza bageze muri rubanda. Brian yaricaraga akarira, ndetse akarira cyane amarira akisuka akongera akiyumanganya.

Umunsi umwe Brian yagiye kureba umubyeyi wa Angel maze amubaza icyo yakora nyuma y’ibyo umwana wabo yarimo amukorera. Mu kumugira inama umva ibyo yamubwiye maze nawe ubyumvireho niba koko ufite uwo mubana ukabona ntashobotse cyangwa ukabona urambiwe kubana nawe cyangwa ukaba uzi inshuti yawe byabayeho cyangwa uwo muziranye wenda kurushinga uzamubwire aya magambo.

INAMA KU NKURU: Umubyeyi wa Angel yaramwicaje maze aramubwira ati “Tega amatwi mwana wanjye. Urukundo warusobanuye uko washakaga mu gihe wakundanaga n’umukobwa wanjye maze ushukwa n’uko yasaga n’uko uramushaka ndetse wemera no kuza arakunyereka ariko burya nawe ushobora kuba wari uzi neza uko umukobwa wanjye ateye. Icyo gihe wagombaga kuba warafashe umwanzuro mwiza wagombaga kuba warafashe umwanzuro utazatuma wicuza none ubu njye urabona ko ntacyo nagufasha, baga wifashe.

Erega wagombaga kumureka, nanjye ubwanjye nabonaga ntazamushobora ariko wibuke ko mwana wanjye nigeze kukubwira uko umwana wanjye ateye, ubwo mwazanaga kunsura, ndibuka ko nakwihereranye nkakubaza inshuro nyinshi nkubaza niba koko wemeranya n’imyanzuro yawe. Nibyo urukundo rwawe rwaraguhumye ruguhuma amaso, none dore. Ubutaha mwana wanjye ntuzashukwe n’amasura y’ubwiza kuko budatindana n’iminsi n’ubwo atari bose”.

Kuva icyo gihe Brian yize ko agomba kwakira ingaruka zo kutumva ndetse no gukurikira isura y’ubwiza bwari ku mwari Angel wari warananiye n’ababyeyi be. Mbere yo kubana n’umuntu uba ukwiriye kubanza kumugenzura mu nzira ze zose, numuzana kubera ubwiza bwe bw’inyuma gusa, byanga bikunze uzicuza, rero ntuzifuze kwicuza mu rukundo, hitamo neza.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Basabose2 years ago
    Nukuru nukuzajya duhitamo neza pe
  • Denise2 years ago
    nubundi isura nziza ntiyubaka akenshi abakobwa benshi beza. ntibakunda kugeramurugo ngobubake. usanga bafite amadefo menshi. rero basore. mujyemumenyako isura atariyo yubaka ahubwo hubaka. umukobwa ufite umutima. erega isura nziza ntiwayitegura kumeza. ushobora gushaka. umukobwa utarimwiza cyane ariko atarinamubi. akazakunezeza itekaryose. nahumubu arakubabaza mpaka umfuye ukicuza unti iyombimenya. rero uzirinde. kwicuza. murushaka hagomba kubamo kwitonda ntaguhubuka





Inyarwanda BACKGROUND