Umusore utazi icyo ashaka ntuzamuhe umwanya na muto. Mureke navumbura ko wamuretse azashaka uko mubiganiraho, mwembi mushake uko mukomezanya ariko mwabikemuye.
Umusore ukubwira ko ashaka kugendana n’ibigezweho,
umusore ushaka kugurukana n’isi, ushaka kugendera ku muvuduko iriho uwo burya
yana yirusha kwiruka kandi ntabwo ari byiza kugendana n’uwo musore nk’uko byemejwe
na Stephan umuhanga mu mibanire abinyujije mu gitabo yise ngo ‘A ma God Has For
You” (Umugabo Imana igufitiye).
Uwo musore ni byiza kumuha umubano usanzwe, ni byiza
kumukunda nk’inshuti isanzwe ariko ntukamukunde nk’umukunzi wawe utazavaho wicuza
cyangwa bikakubera ikibazo. Burya ntabwo byanagukundira kumuhindura, rero ntuzabe
hamwe n’umuntu Imana itemeye ko mubana.
Urukundo ni ikintu gikomeye umusore utazaguha
kwisanzura muri cyo, umusore uvugana nawe ukumva utisanzuye, umusore uvuga ko
agukunda ari uko muri kumwe gusa uwo ntago akwiriye kuba mu buzima bwawe.
Ufite ingero nyinshi z’abagiye mu rukundo bagakundana
ndetse bagakora n’ubukwe ariko nyuma bikarangira batandukanye kandi
bagatandukana nabi umwe ababaje undi. Ese n’uko nawe wifuzamo ubuzima bwawe? Ese
ushaka kuguruka ubu ejo ugata amababa yawe?. Urukundo rwawe reka rujye ahantu
hazima. Ntabwo umusore ugukunda ari ukunyuza ahantu ukumva ko ukunzwe cyangwa
ugenda akuvuga vuga urwo ntabwo ari urukundo.
Umusore utarakweguriye ubuzima bwe, umusore uvuga ko
agukunda by’ako kanya uwo ntabwo ari
uwawe, muzibukire. Umusore udasaba imbabazi, mureke kuko ntawudakosa. Ntawe
udakosa mutegereze niyikosora uzamugarukire ariko byose byatekerejwe nawe ubwe.
TANGA IGITECYEREZO