RFL
Kigali

Umukobwa utwite yatereye ivi umusore bakundana amusaba kubana maze ahabwa urw'amenyo-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:17/05/2021 9:49
1


Ni kenshi cyane usanga abakundana baharaye umuhango wo gutera ivi, ni ibintu bimaze gufata indi ntera mu baba bashaka kuzabana, gusa umukobwa utwite yatereye ivi umusore amusaba ko bazabana maze yibasirwa na benshi.



Umukobwa bigaragara ko atwite, yatunguranye aterera ivi umusore bakundana, maze abakoresha imbuga nkoranyambaga baratungurwa cyane bibaza impamvu umuntu ukuriwe yasaba umusore kumubera umugabo.


Mu bitangazamakuru no ku rubuga rwa Twitter, byakuruye impaka. Ikinyamakuru Afrikmag cyatangaje iyi nkuru, nticyatangaje amazina y'aba bombi n’inkomoko yabo. Abakoresha Twitter barimo BobCat berekanye uyu mukobwa watinyutse guterera ivi umusore mu gihe atwite, benshi bavuga ko ibyo uyu mugore yakoze bidakwiriye kuba byari kujya ku karubanda kandi atwite.


Umusore akibona ko umukobwa utwite bakundana amwambitse impeta, yagaragaye nk’umuntu ugize ikimwaro yifata ku munwa. Kuri Twitter, abakoresha interineti benshi bagaragaje ko batishimiye amahitamo y’uyu mukobwa, umwe yagize ati: "Ntiwari ukwiye gukora ibi, ugira ubwibone buke no kwiyubaha!". Undi ati: "Nahitamo kwiruka inshuro 5 n'imodoka ifite ibiziga 18". Undi nawe yunzemo ati "Inda no gusaba nahitamo gupfa".






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntirandekura hamza2 years ago
    Ibintu nkibi nibyizape ariko bazabihorane kuko bigaragaza gucabugufi





Inyarwanda BACKGROUND