RFL
Kigali

Impanga zavutse zikundana, ababyeyi barazirukana rukomeza kuba ikibatsi birangira zikoze ubukwe ntihagira ubutaha none zifite umwana-AMAFOTO

Yanditswe na: Neza valens Vava
Taliki:14/05/2021 14:01
0


Iyi nkuru yatigishije imbuga nkoranyambaga nyuma y'uko umubyeyi ukiri muto ahishuye uko yakundanye n’impanga ye kuva bakiri bato, urukundo rugakomeza kuba ikibatsi bagakora ubukwe ntihagire n’umwe ubutaha. Yahishuye ko ubu bafitanye umwana w’umukobwa kandi bafite intego yo kuzatandukanywa n’urupfu.



Nyuma y'uko uyu mubyeyi ukiri muto ungana n’impanga ye ikaba na musaza we ashyize ahanze amashusho [agizwe n’amafoto] bari kumwe arimo amagambo asobanura ubuhamya bw’inkuru y’urukundo rwabo itangaje, ibinyamakuru byinshi byayigarutseho bivuga ko ari abo muri Nigeria.


Yavuze ko bavutse bafitanye umubano udasanzwe bakundana

Muri aya mashusho uyu mubyeyi ubutumwa yashyizemo hari aho yagize ati ”Dufitanye umubano kuva tukivuka. Twaje kubona ko bifite icyo bivuze hagati yacu. Ababyeyi n’inshuti baradutandukanyije bavuga ko ari icyaha turimuka tuva mu rugo dukomeza kubana”.


Urukundo rwakomeje kuba ikibatsi na n'ubu

Hari aho akomeza asobanura uko baje gukora ubukwe bakabyarana, ati ”Yansabye ko namubera umugore ku mugaragaro dukora ubukwe nta n’umwe wabutashye (ababyeyi babo). Twakoze ubukwe twirengegije byose nza gutwita ubu dufite umwa w’umukobwa”.


Ababyeyi barabirukanye bajya gushaka aho bibashobokera gukomeza kubana 

Yakomeje avuga ko yibarutse uyu mwana wabo w’imfura afite imyaka 17 yongeraho ko nta kabuza urukundo rwabo ari ubuziraherezo. Iyi nkuru yakwirakwiye imbuga nkoranyambaga ikomeje gutungura benshi.


Ubu bafitanye umwana w'umukobwa 


Uyu ni we nyina washyize ukuri kose hanze 



Src: nairalanda.com, legitpost.com.ng






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND