RFL
Kigali

Afrika y'Epfo: Abagore nabo bashobora gushyirwa igorora bakemererwa gushaka abagabo barenze umwe nk’uburinganire ku bagabo

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:13/05/2021 14:13
0


Mu gihugu cya Afurika y’Epfo, abagabo bamerewe gushaka abagore benshi mu rwego rw’uburinganire, hari itegeko riri gusuzumwa ryemerera abagore gushaka abagabo babiri cyangwa barenzeho.



Abagore bo muri Afurika y'Epfo barashobora vuba kwemererwa gushyingirwa n'abagabo barenze umwe mu cyiswe intego yo guteza imbere uburinganire. Iki cyifuzo kimaze gusuzumwa na Guverinoma ya Perezida Cyril Ramaphosa, nk'uko bitangazwa n'ibitangazamakuru muri iki gihugu birimo thesouthafrican.


Abagabo bo muri Afrika y’Epfo, bemerewe kurongora abagore barenze umwe nubwo abagore babujijwe gushyingiranwa n’umugabo urenze umwe. Mu rwego rwo guteza imbere uburinganire, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu iherutse gushyira ahagaragara inyandiko y’ingenzi ya politiki isaba ko itegeko ryo gushaka abagabo benshi ku bagore ryemerwa.

Ishami rya Green Paper rivuga ko igikorwa cyo gushyingirwa kiriho ubu kitavangura kandi kidateza imbere uburinganire kuko abagore baryamirwa bityo ko bahabwa uburenganzira nabo bagashaka abagabo benshi.

Elizabeth Retief, umunyamuryango wa PolyamorySA, yishimiye iki cyifuzo nk'intambwe igana mu nzira nziza. Avuga ko gushyingiranwa kw'abagore benshi,bishingiye ahanini kuri gahunda z’agaciro gakondo, imyizerere y’umuco, ndetse n’uruhare rw’uburinganire. Retief gusa avuga ko hakenewe ubuvugizi bukomeye kugirango itegeko rishyirweho umukono.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND