Ni kenshi cyane humvikana bamwe na bamwe bafatiwe muri Hotel babuze ubwishyu. Biba bitangaje binasebetse kuba wafata umwanzuro wo kujya muri Hotel nta mafanra ufite, gusa amakuru avuga ko hari bamwe mu bakobwa bazwiho kwicuruza bajya muri Hotel nta mafaranga bafite.
Abakobwa bicuruza, hari igihe bafata
umwanzuro bakajya kureba abakiriya muri za Hoteli, gusa bihira bake. Inkuru ya
News365, ivuga ko hari abakobwa bicuruza bo muri Afuruka y’Epfo yafatiwe muri
Hotel bambikwa amapingu babuze ubwishyu nyuma yaho babuze abagabo babagura.
Ku mbuga nkoranyambaga, aba bakobwa baturuka
muri Mzansi, bamaze kubura ubwishyu bambikwa amapingu n’abashinwze umutekano,
gusa bo ubwabo bisabiye ko bakora akazi ko gukora isuku bigahuriramo.
Bategetswe gukoropa ibyumba 5 bya hotel,
kooza ibyombo no guhanagura ibindi
bikoresho muri Hotel. Mu mashusho yagiye hanze y'aba bakobwa, bari bakikijwe n’abashinwze umutekano aho umuyobozi umwe muri Hotel
utatangajwe amazina yababwiraga ko Hotel atari iyo gukiniramo, ko bagomba kwishyura. Yavuze ko hari abakobwa benshi bigurisha bafite iyo mico.
TANGA IGITECYEREZO