RFL
Kigali

Umukobwa yambaye akenda k’imbere atembera mu isoko ahabwa isomo rizatuma azajya yambara imyenda miremire-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:7/05/2021 19:57
1


Bijya bigaragara umukobwa akambara imyenda benshi bakayibazaho impamvu yaba yayihisemo. Hari igihe kandi umubonye ariwe ugira isoni kandi bibaho gacye kuba wamucyaha kuko uba ubona atasaze azi ubwenge.



Umukobwa yahawe urw’amenyo, ubwo yavaga mu rugo agatambuka mu mujyi yambaye akenda k’imbere (ikariso). Mu mafoto n’amashusho yatambutse mu bitandagazamauru birimo News365, yerekanaga uburyo uyu mukobwa nta kibazo byamuteye kuva mu rugo yambaye ibimukoza isoni.


Umukobwa yagaragaye yambaye akenda k’imbere akenyeye igitambaro ariko umurebeye imbere agakorwa n’isoni. Yari afite Telefone mu ntoki agenda ayikandamo yambaye n’utwuma tujyana amajwi mu matwi (HeadPhone). Uwakubitaga amaso uyu mukobwa yagombaga kurangara bitewe no gushira isoni kwe.


Abantu batandukanye b'ingeri zose bamwirutseho bavuza induru

Yageze aho agera mu isoko ahantu hari abantu benshi, ni bwo abantu bahise bahurura bamuvugiriza induru. Amaze kubona ko ibintu byafashe indi  ntera, yigiriye inama yo kwiruka ahunga abantu. Byabaye iby’ubusa kuko bari bamutangatanze bamugize nk’ufite ikibazo mu mutwe, ni ko guhita yikinga ku gikuta. Yahise ahamagara kuri Telefone yaka ubufasha bw’uwamukura aho hantu.


Amakuru avuga ko uyu mukobwa ari uwo muri Afurika y’Epfo. Abagore bo muri Afurika y'Epfo bagize icyo bavuga kuri uyu mukobwa wisebeje, mu nkuru ya Faceofmala, harimo umugore utatangajwe amazina wagize ati: “Kuki tudashobora kwiga gutekereza ku bucuruzi bwacu bwite tukambara ibitadutamaza nko gushira isoni. Uyu muntu yambaye ubusa, ntabwo byari bikwiye ko anyura hano".


  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • EMABURE2 years ago
    YEREKANAGA IBYO ACURUZA ABITWIKIRIJE ISHASHI KUKO BIGARAGARA





Inyarwanda BACKGROUND