RFL
Kigali

Indaya yakubiswe iz’akabwana n’abasore 2 nyuma yo kuyitahana ikabanyarira mu ijoro

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:5/05/2021 13:14
0


Ni kenshi cyane bivugwa ko hari abantu banyara ku buriri mu gihe cy’ijoro bari kurota, hari n’abanyara ku buriri mu gihe bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, umuntu wese agira imiterere y’umubiri we.



Umukobwa bivugwa ko akora akazi ko kwigurisha yahuye n’uruva gusenya akubitwa n’abasore bari bamuraranye azira kuba yabanyariye mu ijoro baryamye. Amakuru avuga ko aba basore bamukubise bamushinja kubaraza ahantu hatose mu nkari no kunyarira matera yabo kandi ari umuntu mukuru.


Amashusho n’amafoto yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye birimo; Atinka, Zambianobserver, Faceofmala n’ibindi, berekanaga abasore barakaye bakubita umukobwa bararanye akabanyarira.

Amakuru ntabwo avuga neza niba uyu mukobwa utatangajwe amazina n’inkomoko ye, yanyaye ku buriri ari mu nzozi cyangwa se yari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina. Abasore babiri bari bariye karungu bamukubita, bamutuka banamubwira amagambp mabi nk’ibintu byabababaje cyane.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND