RFL
Kigali

Burundi: Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza biravugwa ko yapfuye yishwe n'inzara yatewe no gutinda kwa buruse, Leta ibitera utwatsi!

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:4/05/2021 10:43
0


Mu bihugu bitandukanye hari abanyeshuri biga muri za Kaminuza baba batunzwe n’amafaranga Leta ibagenera, bayabura bakagorwa n’ubuzima, gusa biba bigoye kwiyumvisha uburyo umunyeshuri yasonza agapfa nk’uko uwitwa Joel Nindorera wigaga muri Kaminuza y’u Burundi aherutse kwitaba Imana bikavugwa ko yahitanwe n’inzara kubera gutinda kwa Buruse



Amakuru avuga ko uyu musore w’umunyeshuri yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 21 Mata 2021, akaba yigaga mu mwaka wa mbere muri Kaminuza y’u Burundi mu ishami ryo mu kigo giherereye ahitwa Mutaga. Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru Jimberemagazine avuga ko abanyeshuri bashonje cyane bakamara amezi 6 badahabwa Buruse.


Joel Nindorera witabye Imana wigaga muri Kaminuza bivugwa ko yishwe n'inzara

Uyu munyeshuri witabye Imana bikavugwa ko azize inzara, ngo ntiyari kubona amafaranga amutunga ava mu muryango we kuko ukennye. N'ubwo haba hari indwara yamuhitanye nabwo ntiyari kubasha kwivuza kubera ubukene bukabije mu muryango we.


Jean Claude Ndenzako Karerwa Umuyobozi mu biro by'umukuru w'igihugu ahakana ko Joel yishwe n'inzara

Uru rupfu rwavugishije abatari bake inkuru ihita igera mu biro by’Umukuru w'Igihugu, gusa Leta y'u Burundi yahakana aya makuru avugwa ko Joel yishwe n’inzara, bati "Joël ntiyishwe n'inzara n'ubwo hari ikibazo cya bourse kigomba kwigwaho".

Ukubonera ku gihe bourse ku banyeshuri bo muri kaminuza y' u Burundi ni ikibazo kikigoranye. Amakuru avuga ko kandi hari abanyeshuri benshi bavuye mu ishuri bagasubira iwabo kubera ubukene batewe n’ibura rya Buruse. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND