RFL
Kigali

Ibyishimo kuri Apple n’abakiriya bayo, igihombo n’amarira ya Facebook

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:26/04/2021 9:46
0


Mirongo inani ku ijana mu bazakoresha ibikoresho bishya bya Apple ntibazongera kugira icyo binjiriza Facebook bitewe n’uburenganzira busesuye bagiye guhabwa mu bijyanye no gucunga ibikorwa byo kwamamaza bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.



Ikoranabuhanga rishya ry’ibikoresho bya Apple ikompanyi kabuhariwe mu gutunganya ibikoresho bigezwe birimo imashini telephone n’ibindi.

Rigiye gutanga uburenganzira busesuye bwo kwemera ukaba wanahakana kubikorwa byari bisanzwe byizana byo kwamamaza mu gihe urimo ukoresha telephone na Ipad yawe.

Iki gikorwa kikaba kiza kubangamira ikompanyi rurangiranwa yungukiraga muri ubu buryo bwari busanzwe. Binyuze mu buhanga bwo kwamamaza hifashishijwe murandasi.

Iyo ntayindi ni facebook yanamaze kumvikana ivuga ko ibyo Apple igiye gukora birimo kwikunda mu rwego rwo hejuru.

Apple ikoze ibi kuko ibifitemo inyungu mu kwagura isoko ryayo ryo kugurisha ibikoresho byayo. Ibikoresho bya Apple kugeza ubu bifatwa nkibyambere bitanga umutekano wo kurwego rwo hejuru kuri bene byo.


  Src:www.bbc.com







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND