RFL
Kigali

Kubyarana n'umuntu ni igihango gikomeye kandi abakiranye neza barongera! Diamond yiryamiye kwa Zari-AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:22/04/2021 13:36
0


Abahanga bati "burya iyo wabyaranye n'umuntu muba mwagiranye igihango gikomeye kuko ntimwatandukana burundu kandi muhuzwa n'amaraso", kandi bakavuga ko "abakiranye neza bongera". Diamond Platnumz yerekeje muri Afurika y'Epfo gusura umuryango we.



Diamond Platnumz kuri ubu ari i Pretoria muri Afurika y'Epfo, aho yagiye gusura abana be babiri yabyaranye na Zari Hassan. Uyu muhanzi w'icyamamare muri Afurika bikaba agahebuzo muri Tanzania yaherukaga gusura Zari n’abana be mu Ugushyingo 2020 icyo gihe hari hashize imyaka ibiri na Zari na Diamond batandukanye nabi muri Gashyantare 2018.


Diamond ari kwa Zari

Uyu muhanzi akaba n'umuyobozi wa Wasafi, Diamond  yakiriwe neza n'umugore we Zari batandukanye ndetse n'abana babiri, Tiffah na Prince Nillan, aba bana bagikubita Se amaso, Diamond  bihutiye kumuhobera nyuma yo kugera mu rugo rwabo, Diamond, yagize ibihe bidasanzwe hamwe n'abana be, yahise yisanzura kuko yabanje kwirebera ibitambuka kuri Televiziyo mbere yo kurya ibyo Zari yateguye.

Mu rukurikirane rwa videwo yasangiwe ku mbuga nkoranyambaga, Diamond na Zari basaga n'abishimye kandi bagirana ibiganiro baryohewe no guhura mbere y'uko bajya kuryama. Diamond n'umugore we, bose ni ibyamamare muri Afurika y'Iburasirazuba, rimwe na rimwe bahakanye ko bongeye kubyutsa urukundo ariko bagashimangira ko bazarera abana babyaranye.


Zari Hassan


Diamond uri ku isonga muri muzika ya Afurika






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND