Biragoye kuva mu bwana udakinnye imikino y’abana, abenshi bakura barabihaniwe kenshi, nk’umwana muto w’umukobwa w’imyaka 3 y’amavuko wavunwe ukuboko n’ukuguru na se amuziza gukora iby’abana (kuryamana).
Afsa, umwana w’umukobwa w’imyaka 3 y’amavuko yavunywe
ukuboko n'ukuguru na se ngo amusanze "aryamanye n'undi mwana w’umuhungu w'imyaka
4"
Afsa yakubiswe na Se
Ibi byabereye i Burundi. JimbereMagazine yaganiriye na
nyina w'uwo mwana ubu urwariye ku bitaro i Muyinga, yavuze ko atari rimwe cyangwa kabiri se w'uyo mwana amukubita akamuvuna
amuziza iryo kosa.
Uwo mubyeyi agira ati: "Buri gihe uyu mwana ajya
gukina n'abandi bana hakaba harimo uduhungu dushobora kuba twamushuka bakaryamana
aho se yamukubise. Aramwagiriza ngo
baba bari mu mafuti. Ikintangaza ni uko njyewe ntabyo ndigera mbona kandi ari njye
tumarana umwanya munini, umugabo yaraye amuhohoteye ku buryo yahise yinjizwa mu bitaro".
Uyu mubyeyi akomeza avuga ko umugabo we yamuhannye, abandi bati: “yamukubise nabi amukubitishije inkoni yo kuragira inka, ukuboko
kwaravunitse, ukuguru kwarakebanye ubu ntatambuka”.
TANGA IGITECYEREZO