Inama y’iminsi 2 igamije kureba uko Africa yakora inkingo zayo, yatangiye kuri uyu Mbere tariki 12 Mata 2021 ikaba izasozwa ejo kuwa 13 Mata 2021. Iyi nama iyobowe na Perezida w’umuryango wa Africa Yunze Ubumwe, Félix Tshisekedi ikaba irimo n'abakuru b'ibihugu benshi ndetse bigaragara ko Dr Tedros uyoboye OMS ari mu bazayitabira.
Kuri uyu munsi
wa none abantu banduye icyorezo cya Covid-19, barabarirwa kuri 136,756,646 naho abamaze
kwamburwa ubuzima n’iki cyorezo baragera kuri 2,951,737 ku Isi yose, bivuze ko
cyahitanye abagera 2.15% byabakirwaye.
Nyuma y'uko
bwana Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora ishami ry’umuryango w'abibumye ryita
ku buzima ku Isi (World health Organization) atangaje ko ku Isi hariho ubusumbane
mu gusaranganya inkingo, ku ruhande rwa Africa abayobozi b'ibihugu bahuriye mu nama igamije kungurana ibitekerezo ku cyafasha Africa mu kuba yahashya iki cyorezo.
Covid-19 ni icyorezo cyazahaje Isi ndetse kigira ayo ifundi igira ibivuzo kigeze mu bihugu byari biri mu nzira y'amajyambere ndetse byinshi ni ibyo ku mugabane wa Africa. Iyi nama iyobowe na Perezida wa DRC bwana Félix Tshisekedi yitabiriwe n’abayobozi banyuranye b'ibihugu bya Africa ndetse na Perezida w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame.
Iyi nama iri gukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rishingiye ku rubuga rwa Zoom ikaba yatumijwe n'Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe ku bufatanye n’Umuryango ushinzwe gukumira ndetse no kurwanya indwara muri Africa (Africa
Centres for Disease Control and Prevention).
Abayobozi
bitabiriye iyi nama igiye kumara iminsi ibiri
Kuri uyu munsi
wa none mu bihugu bigera kuri 55 bigize umugabane wa Africa, ibigera kuri 44
byafashe inkingo naho ibigera kuri 32 ni byo byatangiye gukingira abaturage
babyo. Ku ruhande rw’u Rwanda hari gahunda yo gukingira nibura akagera kuri 30%
kugeza mu mpera za 2021 ndetse muri 2022 hazagerwaho akagera kuri 60% by'abaturage
b’u Rwanda.
Src:
RBA,WHO,worldometers
TANGA IGITECYEREZO