RFL
Kigali

#Kwibuka27: Next Generation Band itsinda ry’abana bato batanze ubutumwa bw’ihumure mu ndirimo bise ‘Impore Rwanda’-YUMVE

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:10/04/2021 13:04
0


Ubutumwa buri gutangwa n’abahanzi batandukanye muri iki gihe u Rwanda n’inshuti zarwo bari kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 abasaga Miliyoni bakahasiga ubuzima, abahanzi bakiri bato bagize Next Generation Band batambuije ubutumwa mu ndirimbo bise “Impore Rwanda” batuye Abanyarwanda muri ibi bihe.



Twavuga ko Next Generation Band, ari itsinda ritamenyerewe mu Rwanda, ni abana bato bari mu kigero cy'imyaka 18 bihurije hamwe. Ni abahungu n’abakobwa ubu ni 12 bose hamwe. Next Generation yatangijwe n’umukobwa witwa Neema Hoziane muri Nyakanga 2020 iba itangiye gukora bahuje ibitekerezo. Ni itsinda rigizwe n'abaririmbyi n’abacuranzi.


Next Generation Band

Neema Hoziana aganira na InyaRwanda, avuga ko Next Generation band imaze gushyira hanze indirimbo imwe yitwa ‘Impore Rwanda', akavuga ko izindi zitarajya hanze. Akomeza avuga ko Indirimbo ‘Impore Rwanda ari iyo guhumuriza Abanyarwanda ku bw'icuraburundi banyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, no kubakangurira ko ejo ari heza cyane kandi ko ibyabaye bitazongera.


Nabo bari muri Next Generation Band

Hanyuma igitekerezo cyo gushinga iyi band, Neema avuga ko yitegereje Band zo mu Rwanda agasanga iziganjemo abana bato ntazihari. Yagize ati: “Igitekerezo nakigize nyuma yo kubona ko mu Rwanda nta Band y'abana ihari yagezaho abantu ubutumwa butandukanye kandi n’abana nabo bakwiye kugira uruhare mu gutambutsa ubutumwa  binyuze muri muzika.”.


Neema Hoziana washinze Next Generation Band

KANDA HANO WUMVE 'IMPORE RWANDA‘ YA NEXT GENERATION BAND







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND