RFL
Kigali

Taliki 3 Mata: Ni bwo umuntu wa mbere yahamagaye akoresheje telefoni ngendanwa! Menya ibyaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:3/04/2021 9:06
0


Taliki 3 Mata ni umunsi wa 93 mu minsi igize umwaka hakaba hasigaye iminsi 272 ngo umwaka ugere ku musozo.



Mu 1922: Joseph Stalin yabaye uwa mbere wabaye umunyamabanga mukuru w’ishyaka ry’aba-communist mu cyahoze ari leta y’abasoviyeti.


Mu 1960: Umuhanzi w’icyamamare muri leta zunze ubumwe za Amerika, Elvis Presley nibwo yakoze indirimbo 3 yise ‘It’s Now Or Never’, ‘Fever’ na ‘Are you Lonesome Tonight’ mu nzu itunganya umuziki yo mu mugi wa Nashville muri leta ya Tennessee. Uyu muhanzi yaje kwitaba Imana muri Kanama 1977 azize indwara y’umutima.

Mu 1968: Martin Luther King Jr. yatanze imbwirwaruhamwe yiswe “I’ve been to the Mountaintop” ahazwi nka Mason Temple, mu mugi wa Memphis muri leta ya Tennessee muri leta zunze ubumwe za Amerika. Iyi mbwirwaruhamwe yamenyekanye cyane nk’imbwirwaruhamwe yanyuma yavuzwe n’uyu mugabo kuko yaje kwicwa ku munsi wakurikiyeho.

Mu 1973: Martin Cooper washize uruganda rwa Motorola yabaye umuntu wa mbere mu mateka wahamagaye akoresheje telefoni ngendanwa ubwo yahamagaraga uwitwa Joel S. Engel wari muri leta ya New Jersey we ari mu mugi wa New York.

Mu 1981: Hamuritswe bwa mbere mudasobwa ishobora kwimurwa mu buryo byoroshye yiswe “Osborne 1” mu mugi wa San Francisco muri leta ya Northern Carolina muri leta zunze ubumwe za Amerika, ikaba yarapimaga ibiro 10.7kg ikagura $1,795.


Mu 2004: Ibyihebe by’iyitiriraga idini ya Islam byari baturikije gariyamoshi muri Esipanye mu mugi wa Madrid bafashwe na polisi yo muri iki gihugu ariko bihita byirasa.

Mu 2008: Umuhanzikazi Mariah Carey yakuyeho agahigo kari gafitwe na Elvis Presley ubwo yuzuzaga indirimbo 18 zaje ku mwanya wa mbere mu zikunzwe muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yaciye aka gahigo ubwo indirimbo ye yise ‘Touch My Body’ yazaga ku mwanya wa mbere bityo ahita atambuka kuri uyu muhanzi wari ufite indirimbo 17 zaje ku mwanya wa mbere.

Mu 2010: Uruganda rukora ibikoresho by’ikoranabuhanga rwa Apple rwasohoye mudasobwa ya mbere yo mu bwoko bwa tablet yiswe iPad.

Mu 2013: Abantu barenga 50 bapfuye nyuma y’imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye La Plata mu mugi wa Buenos Aires muri Argentina.

Mu 2016: Inyandiko zigera kuri miliyoni 11 ziswe Panama Papers zagaragazaga uburyo ikigo cyo muri Panama (Mossack Fonseca) cyafashaga akakiriya bacyo guhishira amafaranga yaturutse mu buryo butemewe n’amategeko harimo nko guhunga ibihano ndetse n’imisoro zagiye ahagaragara.

Mu 2017: Mu mugi wa St Petersburg mu Burusiya haturikiye bombe yica abantu 14 n’abandi benshi barakomereka.

Mu 2018: Ku cyicaro gikuru cy’urubuga rwa YouTube mu mugi wa San Bruno muri leta ya Califorinia habereye iraswa rikozwe n’uwitwa Nasim Najafi Aghdam w’imyaka 38 y’amavuko warashe agakomeretsa abantu 3.

Ibyamamare byavutse kuwa 3 Mata

Mu 1961: Eddie Murphy umukinnyi, umunyarwenya n’umuyobozi wa filime ukomeye cyane muri leta zunze ubumwe za Amerika nibwo yavutse. Uyu mugabo akaba yarakinnye muri filime yiswe Coming 2 America yakunzwe cyane.


Mu 1963: Marco Ballotta umukinnyi ndetse n’umutoza w’umupira w’amaguru w’umutaliyani nibwo yavutse.

Mu 1973: Adam Scott umukinnyi wa sinema w’umunyamerika nibwo yavutse.

Mu 1986: Amanda Bynes umukinnyikazi wa sinema w’umunyamerika nibwo yavutse.

Mu 1993: Pape Moussa Konaté umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Senegale nibwo yavutse


Mu 1997: Gabriel Jesus umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Brazil nibwo yavutse.


Mu 1999: Paris Jackson umukinnyikazi wa sinema, umunyamideli ndetse n’umuririmbyi w’umunyamerika nibwo yavutse.

 

Src: Onthisday & Famous Birthdays

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND