RFL
Kigali

Ikizungerezi cyafashwe gisambana n’umwana w’imyaka 13 maze yiregura avuga ko yabonaga asa n’ushaje ku isura

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:6/03/2021 17:34
5


Biragoye kumenya imyaka y’umuntu urebeye ku isura ariyo mpamvu bamwe bagwa muri uyu mutego bagasambanya abana bato babona ari bakuru. Umukobwa ashobona kuba ari munsi y’imyaka 15 ariko ukamwibeshyaho kubera ingano n’imiterere n’imisatsi, umuhungu nawe akamera ubwanwa vuba cyangwa ibigango n’isura isa n’ikuze.



Teya, umukobwa w’imyaka 26 y’amavuko, amakuru avuga ko yaryamanye n’umwana w’umuhungu w’imyaka 13 y’amavuko, byaje kumenyekana maze umukobwa akurikiranwa n’inkiko ku cyaha yakoze cyo guhohotera umwana muto.


Teya wo muri Zimbabwe, avuga atari kumenya ko uyu mwana afite imyaka 13 y’amavuko kubera imigaragarire ye, ku ngingo yahuriyeho n’abamwunganira bagaragaje ko uyu mwana umubonye ubona ari umusore w’ibigango aho byagorana kumenya ko waba wamuhohoteye.


Abavoka bavuga kandi ko ubushinjacyaha bwananiwe gutanga icyemezo cy'amavuko cy'umuhungu kigaragaza imyaka ye. Umwunganizi w’uyu mukobwa, Moses Nyatsoma yagize ati: “Twasabye icyemezo cy'amavuko ariko ntabwo twahawe kimwe kugeza ubu. Ku bijyanye n'imyaka y'uwareze, ntabwo tuzi neza. Kuko umurebye arakuze”.

src; Mbaretimes 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hakizimana' renus3 years ago
    JH
  • fOqugVcDbJnyrQFw3 years ago
    iDcGURybMwI
  • SCJoFgjHr3 years ago
    HJmsxOzlZ
  • harerimanavpacifique3 years ago
    Ndabona nanjye akuze
  • uwimana3 years ago
    inkundo





Inyarwanda BACKGROUND