Ni kenshi umuntu aburana n’umuryango we hakamara igihe kinini nta kanunu ka buri umwe. Umubyeyi Margaret yari amaze iminsi adaca iryera umuhungu we wigaga mu mwaka wa nyuma mu mashuri yisumbuye ariko aza gutungurwa amubonye mu muhanda afite ikibazo cy’uburyayi bwo mu mutwe.
Margaret
Atieno, wari uzi ko umuhungu we bataherukana yaba nta kibazo yagize, yaje kumenya
amakuru ko umuhungu we yaba yarahuye n’ikibazo cyo mu mutwe, aho abantu
bamubwiraga ko bajya bamubona ahantu hahariwe ubucuruzi hazwi nk’akarere k’ubucuruzi ’Nairobi
Central Business District (CBD)'.
Yagize ngo we baba bamubeshya niko gufata urugendo
kureba umugungu we wari waravuye mu rugo agiye kwiga. Yarahageze aramubona agwa
mu kantu ariko umubyeyi azi neza ko umwana uko yaba yahindutse kose aba
yaramubyaye azi neza igise yamugiriyeho, arakomeza akerekana urukundo rwa
kibyeyi.
Uyu mubyeyi Margaret Atieno, yamwegereye atangira kumuha amazi yo kunwa, abantu bashungereye bagira ngo wenda yaba yaramwibye nyuma bakaba bongeye guhura afite uburwayi bwo mu mutwe. Margaret Atieno yavuze ko abantu bamwe batekerezaga ko umuhungu we ufite uburwayi bwo mu mutwe yamwibye, igihe babonaga bombi baganira ku cyumweru, tariki ya 21 Gashyantare.
Margaret ari guha amazi umungu we
Atieno
yatangarije TV47 ati: "Abantu baradukikije barambaza niba yaranyibye.
Biteguye kumukubita nabasubije mbabwira
ko yari umuhungu wanjye".
Umusore, yari
yambaye imyenda yacikaguritse, yizirika iminyururu myinshi bimwe bikanamutera
ibisebe ku maguru n’amaboko, burya amaraso afitanye isano arakururana. Umugore
akibona umuhungu we barebanye aratuza, nyuma gato yagerageje guhunga ariko
Atieno amwibutsa ko ari nyina wamwibarutse amubwira ko amukunda amusaba ko
batahana.
Yongeyeho
ati: "Amaboko ye yavaga amaraso yari afite ibikomere kubera iminyururu.
Ibikomere byarimo ibibyimba,Namwinginze ndamwinginga kugeza igihe yemeye ko
tuvugana."
Umubyeyi
urera abana batandatu yafashijwe n'abashoferi b’imidoka zitwara abagenzi guhambura amaboko yari yaraziritseho iminyururu n’amashashi,
bamufasha gukodesha tagisi bamujyana mu
bitaro bya Machakos.
N'ubwo
yamubonye afite ikibazo cyo mu mutwe, ati: "Ndanezerewe cyane kandi
ndashimira Imana yamfashije kubona umuhungu wanjye wabuze."Atieno yahakanye kandi ibivugwa ko umuhungu we yari
umunyeshuri wa kaminuza ya Nairobi. Yavuze ko yari umunyeshuri mu ishuri
ryisumbuye usoza witeguraga kujya muri kaminuza.
Src: Kenyans
TANGA IGITECYEREZO