RFL
Kigali

Umugabo ari mu gihirahiro nyuma yo kwibeshya akajugunya Disike iriho Miliyari zisaga 311 Frw asaba leta ubufasha

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:21/01/2021 6:58
0


James Howells ufite imyaka 35, ku bw'impanuka yajugunye disiki ye , ifite agaciro gakomeye, yari ifite urufunguzo rwo gufungura ibice 7.500 bya Bitcoin cryptocurrency, aho hariho agaciro ka miliyoni 230 z'amapound, asaga Miliyali 311 z’amafaranga y’u Rwanda.



Uyu, Injeniyeri mubya mudasobwa, yari afite Disike iriho urufunguzo rw’umutungo we uremereye cyane, aratabaza Leta ngo imufashe gushakisha iyo diske ahantu hose mu gihugu . Welshman James Howells arasaba akanama kamemererwa gushakisha ahantu hajugunywa imyanda  hose mu gihugu akarebamo,Disike ye yajugunye atabizi ko ariyo ajugunye.

IT worker James Howells who lost access to his Bitcoin on his hard drive sits at a computer

 Igitangaje nuko uyu mugabo, yajugunye iyo Disike, mu mwaka wa 2013, yari mu biro bye, aza gufata disike zishaje zose ngo zijugunywe mu myanda , niko kujugunyamo na Disike nzima ariyo yari ubutunzi bwe, yaje kubimenya ko yayijugunye haciye igihe.

Imyaka igiye kuba hafi 8 asaba uburenganzira bwo gushakisha iyo disike, Injeniyeri, James yavuze ko yajugunye iyo disiki kuko ifite aho ihuriye n’indi itari igikora kuko byarasaga cyane bigoranye kubitandukanya.

Yavuze ko azatanga 25% by’umutungo nk’igihembo k’umuntu uzayibona. Igihe yabazwaga niba disiki yaba ikiri nziza nyuma yiyo myaka yose imaze yaratawe, ashimangirako yaba ikiri nzima iramutse ivumbuwe.

Src:Mirror






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND