Clarisse Karasira umaze kwandika izina mu muziki wa gakondo akaba yiyita umukobwa w’Imana n’igihugu, mu minsi ishize yambitswe impeta imuteguza kubana akaramata n’umusore wamwihebeye witwa Dejoie Sylvain Ifashabayo. Karasira avuga ko hari abamwibeshyaho bazi ko ashaje bitewe n’ibyo aririmba kandi akiri umukobwa muto.
Mu kiganiro aherutse kugirana na Inyarwanda Tv, Clarisse Karasira yagize ati: ’’Hari abantu bajya bibwira ko nshaje wenda mfite nk’imyaka nka 40’’. Karasira iki kibazo agihuje n’abandi bahanzi baririmba indirimbo zirimo amagambo y’ikinyarwanda cyo hambere noneho abakiri bato bakaba batabasha kubyumva kuko baba bazi ko ari ikinyarwanda cy’abo hambere.
Ibishegu mu
ndirimbo hari icyo abivugaho
Clarisse avuga ko
izo ndirimbo zizagira ingaruka ku bana bari kuvuka. Ati: ’’Ibiteye isoni ni
icyaha imbere y’Imana ibaze rero nko mu 2025 abana bazaba bariho bumva izo
ndirimbo ubwo se Imana ntizadutwika ikaturimbura nka Sodoma na Gomora?’’.
Karasira avuga ko
niba hari indirimbo zirimo amagambo y’urukozasoni ingaruka mbi zishobora kuba
kuri sosiyete n’umuryango nyarwanda ari ukurema ya magambo mabi cyangwa se ibyo
biteye isoni mu bakiri batoya. Ati:’’Cyane cyane abatoya kuko abakuru baba
babasha gushungura bakumva ibikwiriye ariko ushobora guhura n’abana mwaganira
ukumva nibyo muri kuganira ukaba wagira isoni’’.
Clararisse
Karasira akunda Israel Mbonyi
Israel Mbonyi ni
umwe mu bahanzi ba Gospel bamaze gukurura imitima y’abantu benshi baba
abasengera mu matorera ya Gikristu n’abasengera mu yandi madini. Karasira avuga
ko amukundira ibintu byinshi bitandukanye birimo kuba asize amavuta. Ati: ’’Mu
Rwanda nkunda Israel Mbonyi ni umuririmbyi usize amavuta y’Imana ku buryo
ushobora kumva indirimbo ze ugahita wihana’’.
Karasira akiri mu
mashuri yisumbuye yari yarakoze itsinda aryita ‘’New Creation’’ bajyaga baririmba
indirimbo za Mbonyi bagafashwa. Ati: ’’Indirimbo ze nkunda ni nyinshi ariko Ku
migezi, ku musaraba yo ndayikunda cyane’’.
TANGA IGITECYEREZO