RFL
Kigali

Abahanzi nyarwanda 20 bari gutegura Album zishobora kujya hanze mu 2021

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:16/01/2021 11:07
0


Ubuhangange bw’umuhanzi wo muri iyi myaka bureberwa ku kigero cyo gukundwa ariho, umubare wa album asohora, ibihembo by’imbere mu gihugu na mpuzamahanga yegukana ndetse n’amasezerano aba afitanye n’ibigo yamamariza.



Abafite umuziki wateye imbere Album icuruzwa akayabo noneho bigafasha umuhanzi kuza ku rutonde rw’abinjije amafaranga menshi mu mwaka runaka. Iyi nkuru irashingira ku bahanzi nyarwanda bari gukora ku mushinga wo gusohora album mu 2021 mu gihe hatazamo kidobya.

1.Riderman


Mu ntangiriro za 2021 uyu muraperi akaba n’umwami w’ibisumizi kugeza apfuye nk'uko ajya abivuga, yafashe ifoto ayishyira kuri Instagram ye yifuriza abamukunda kuzagira umwaka mushya muhire wa 2021 ariko yanaboneyeho kubateguza umuzingo mushya yise 'Kimirantare' ushobora kujya hanze muri uyu mwaka mu gihe hatabaho imbogamizi. 

Riderman kugeza ubu amateka yerekana ko ari we muhanzi rukumbi ukora umuziki wo mu njyana ya Hip Hop umaze gukora album nyinshi kurusha bagenzi be bakiri muri uwo mwuga w’ubuhanzi bushingiye ku busizi. Mu 2018 yari amaze kuzuza album zirindwi ndetse na kimwe cya kabiri cyayo (mixtape). Emery Gatsinzi wamamaye nka Riderman, yabonye izuba ku itariki ya 10 Werurwe mu  1987. Arubatse na Agasaro Nadia bfite umwana umwe.

2. Israel Mbonyi


Mbonyicyambu Israel amaze kwigarurira imitima y’abahemburwa n’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ndetse yaranabishimangiye mu 2020 ubwo yegukanaga igihembo cya Best Gospel artist 2020 muri Isango na Muzika Awards. Mu mpera za 2020 yabwiye Inyarwanda ko yagombaga gusohora album ariko umwaka warangiye ntayo asohoye bivuze ko ari uyu mwaka hatagize igihinduka.

3. Mico The Best


Uyu muhanzi wahiriwe na 2020 akegukana igihembo cy’indirimbo yakunzwe mu mpeshyi mu bihembo bitangwa na Kiss Fm, indirimbo ye 'Igare' yarakunzwe ndetse no mu bihembo bya Isango na Muzika awards yahembewe kugira indirimbo nziza yakunzwe n'ubundi akaba ari Igare. 

Abarizwa muri KIKAC music imufasha muri byose mu muziki we. Akaba ari gukora kuri album ya mbere. Ushinzwe kwamamaza ibikorwa bya Kikac Music, Uhujimfura Jean Claude, yabwiye INYARWANDA ko Danny Vumbi ari gukora kuri Album izaba iriho indirimbo za Kinyafurika ndetse Mico The Best na we album ayigeze kure ku buryo mu mpera za 2021 izajya hanze nta kabuza. 

Ni Album avuga ko izaba ari iya mbere ari muri KIKAC music ariko ikaba iya kabiri kuri Mico The Best uri mu bahanzi bahagaze neza muri iyi minsi abikesha indirimbo zikundwa n’urubyiruko dore ko ari rwo rwiganza mu batuye u Rwanda.

4. Danny Vumbi


Uyu muhanzi uri mu bahanga u Rwanda rufite mu kwandika indirimbo umwaka ushize wa 2020 yamuritse album ndetse uyu mwaka hatagize igihinduka yashyira hanze album izaba iriho indirimbo za Kinyafurika. Danny Vumbi na we abarizwa muri KIKAC music ari nayo imifasha muri byose bijyanye n’umuziki.

5. Jules Sentore


Mu mwaka wa 2020 Jules Sentore yatangarije Inyarwanda.com ko yari ageze kure atunganya album ebyiri yateganyaga kumurika mu mpera z'uwo mwaka icyorezo cya Covid-19 gicogoye. Siko byagenze kuko yakomwe mu nkokora n'iki cyorezo gihangayikishije isi na n'uyu munsi. Uyu mwaka wa 2021, ibintu bigenze neza iki cyorezo kigacogora, nta kabuza Jules Sentore yamurikira abakunzi be izi album ebyiri abahishiye.

6. Marina


Ingabire Deborah wamamaye nka Marina uba muri The Mane ari mu bahanzi bari gutegura album ishobora gusohoka muri uyu mwaka hatagize igihinduka. Ni nyuma y'uko umwaka wa 2020, yawukoranye imbaraga nyinshi agasohora indirimbo zakunzwe cyane, bityo akaba ateganya kumurika umuzingo wa kabiri ukubiyeho indirimbo ze.

7. Queen Cha


Queen Cha na we mu gihe ibihe byaba byiza ubuzima bugasubira mu buryo Album ashobora kuyisohora dore ko ihari ikoze ikibura ari uko ibintu bijya mu buryo. Yaba Marina na Queen Cha baramutse basohoye album muri uyu mwaka zaba ari iza kabiri.

8. Kizito Passy


Kizito Passy wahoze muri TNP rimwe mu matsinda yakanyujijeho akagakundwa cyane, ubu ari gukora umuziki ku giti cye. Ubwo yaganiraga na Inyarwanda mu minsi ishize yasobanuye ko ari gukora kuri Album kandi uyu mwaka uzarangira ayihaye abakunzi b'umuziki we.

9. Butera Knowless


Uyu mubyeyi ukorera umuziki mu nzu ya Kina Music ifasha abahanzi yashinzwe n’umugabo we Ishimwe Clement, umwaka wa 2021 ushobora gusiga ahaye abakunzi be bitwa Intwarane album nshya adore ko amaze igihe ayikoraho.

10. Christopher Muneza


Muneza Christopher wamamaya nka Christopher yigeze kubwira InyaRwanda ko ari gukora kuri album nshya ndetse ishobora kujya hanze muri Gashyantare mu 2021.

11. Yvan Buravan


Burabyo Yvan benshi bazi nka Yvan Buravan yamuritse album ye ya mbere yise The love lab mu 2018 mu gitaramo kitabiriwe cyane bitandukanye n’uko byari bimaze kumenyerwa ko umuhanzi nyarwanda ugiye kumurika album yitabaza abo hanze bafite amazina aremereye. Ubu ari gukora kuri album ya kabiri ishobora kujya hanze uyu mwaka mu gihe ntacyabyitambikamo.

12. Clarisse Karasira


Uyu mukobwa uherutse kwambikwa impeta iteguza ubukwe akunze kwiyita umukobwa w’Imana n’igihugu. Mu mpera za 2020 yagombaga kumurika album ye ya mbere ariko Covid-19 irabizambya, gusa ayigurisha neza ndetse iranagurwa cyane. Ubu rero yamaze gutangira urugendo rwo gukora ku muzingo we wa kabiri ashobora kumurika mu 2021.

13. Simpo Savior


Ndizihiwe Alain Jean Sauveur (Simpo Savior) ukora umuziki wo mu njyana ya Reggae indirimbo ze zikunzwe cyane i Burayi mu gihugu cy’u Bufaransa n’u Bubiligi. Ubwo yaganiraga na Inyarwanda yasobanuye ko album ye ya mbere yakunzwe none ari gukora ku ya kabiri yizeye ko izasohoka muri uyu mwaka wa 2021 kandi akaba ari kuyitunganya afashijwe n’itsinda ryo mu Bufaransa ryabengutse umuziki we.

14. Bill Ruzima


Uyu muhanzi uherutse guhabwa urubyiniro na Masamba Intore mu gitaramo cyinjiza abantu mu mwaka mushya wa 2021 ari gutegura umuzingo ushobora kuba waranarangiye hakaba habura kuwusohora. Biteganyijwe ko iyi album ye azayimurika mu mwaka wa 2021.

15. Alyn Sano


Shengero Aline Sano (Alyn Sano) ari mu bahanzikazi bakoranye imbaraga nyinshi mu mwaka wa 2020 ndetse bikaba byaramuhesheje igikombe cy'umuhanzikazi w'umwaka mu bihembo bya Isango na Muzika Awards. Amaze igihe ahugiye mu gutunganya album ye ya mbere ateganya kumurika muri uyu mwaka wa 2021 nk'uko yabitangarije InyaRwanda. Ni album avugako izaba iriho indirimbo zigera kuri 20.

16. Ras 2T


Ntakirutimana Felecien ukora umuziki wo mu njyana ya Reggae amaze gukorana n’abahanzi batandukanye barimo abo muri Afurika y’Iburasirazuba no hanze yayo ubu avuga ko ari gukora kuri album ku buryo hatagize igihinduka yayishyira hanze muri uyu mwaka.

17. King James


Ruhumuriza James wamamaye nka King James umwaka wa 2020 ntiwamuhiriye nk'uko byabaga bimeze mbere ariko indirimbo yose akoze irakundwa bitewe n’ubuhanga afite mu kuririmba indirimbo z’amagambo y’urukundo. Uyu mwaka wa 2021 hatagize igihinduka yasohora album nshya abafana be akabafasha kunezerwa.

18. Safi Madiba


Niyibikora Safi wongeyeho Madiba ubu ari gukorera umuziki we muri Canada. Yahoze mu itsinda rya Urban boys aza kurivamo atangira gukora muzika ku giti cye. Yerekeje muri The Mane music aza kuyisohokamo. Ubu indirimbo akoze zose zakirwa neza na cyane ko yari asanzwe akunzwe akibarizwa muri iryo tsinda yahozemo. Uyu mwaka hatagize igihinduka yaha abakunzi be album.

19. Gaby Kamanzi


Gaby Irene Kamanzi ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, mu mpera za 2020 ubwo yashyiraga hanze indirimbo nshya yise 'Emmanuel', yabwiye inyaRwanda ko ari imwe mu ndirimbo ze zizaba ziri kuri Album ye ya kabiri ateganya kumurika muri uyu mwaka wa 2021 hatagize igihinduka.

20. Ruti Joel


Ruti Joel umuhanzi w'impano itangaje mu njyana gakondo ni umwe mu biteguye kumurika album igihe cyose ibikorwa by'imyidagaduro byakomorerwa mu Rwanda. Mu Rwanda 2020 yatangarije InyaRwanda ko ari mu myiteguro yo kumurika album ye ya mbere yahaye umwihariko w'umudiho gakondo. Ni album avuga ko izaba iriho indirimbo 10.

Aba bahanzi ni bamwe mu bo twabashije gukusanya ariko abenshi muri bo ni abagiye banabihamiriza InyaRwanda. Abahanzi bose bashobora gushyira hanze album ntabwo baza muri iyi nkuru, gusa nk'uko twabisobanuye haruguru gusohora album ni ingenzi ku muhanzi kuko ari kimwe mu bikorwa bishimangira ubuhangange bwe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND