Umwana witwa Bavuginyumvira Emmanuel ufite ubwenge budasanzwe wakoze Radio yatangaje benshi, yatubwiye indirimbo z’abahanzi Nyarwanda zakunzwe kuri iyi Radio n’ibitangaje kuri yo. Yagarutse ku mpano yifitemo n’ubwenge budasanzwa asaba ubufasha.
Bavuginyumvira
Emmanuel w’imyaka 17, atuye mu Karere ka Rusizi mu murenge wa Nyakabuye mu kagari
ka Kamanu mu mudugudu wa Bikinga. Avuka mu muryango uciriritse kuko se na
nyina ahanini bakura ibibatunga mu guhinga. Yatunguye benshi ubwo yakoraga Radio
yise 'EMMA RADIO' ivugira ku murongo wa 96.4 na 96.5.
Ni uku muri studio yayo hameze
Mu biganiro
bitambuka kuri iyi Radio ye yatubwiye ibyo abaturage bakunda cyane, yagize ati ”Ibiganiro ni ibyerekeranye n’amashyamba, inyamaswa, mbega ku bidukikije ndetse n’ibishishikariza
abanyarwanda kwirinda icyorezo cya Coronavirusi”. Yongeye ko ibindi bakunda ari ibijyanye n’umuziki.
Kuri iyi
ngingo y’umuziki nk’abibanda ku myidagaduro, InyaRwanda.com twahise tumusaba kudukorera urutonde
rw’indirimbo 10 z’abahanzi Nyarwanda zakunzwe cyane kuri iyi radio ye muri uyu
mwaka wa 2020.
URUTONDE RW’INDIRIMBO
10 YADUKOREYE
Mu ruturuturu
by The Ben ft Bushali
Ni Wowe by
Marina
Dance Like
Dis by Jay Polly ft King Dirios
Closer by
Uncle Austin, Meddy & Yvan Buravan
Twapfaga iki
by Clarisse Karasira
Ndabigukundira
by Yvanny Mpano
Warabutwaye
by Patricko
Delira by Ally
Soudi ft Amalon
Saa Moya by
Bruce Melodie
Rwanda
ndagukunda by King Jams
Mu kuzitondeka ntacyo yakurikije, gusa yatubwiye ko 2 zakunzwe cyane ari iyitwa 'Rwanda ndagukunda' ya King Jams na 'Saa Moya' ya Bruce Melodie. Twaganiriye na Deo Habineza umunyamakuru ukora ibiganiro by’imyidagaduro kuri RC Rusizi wamugendereye kenshi tumubaza indirimbo yumvise zikunzwe kuri iyi Radiyo mu zo yatubwiye twumva harimo iziri kuri uru rutonde Emmanuel yaduhaye.
Yagize ati ”Numvise ari iyitwa “Mu ruturuturu” ya Bushali, kandi yanambwiye ko iyo ayicuranze abaturage bumva ari sawa, n’iyitwa “Ni Wowe” ya Marina. Yongeyeho ko ubwo aheruka kumusura yasanze Bavuginyumvira Emmanuel ari kumwe na mugenzi we bari gukora ibyegeranyo babwira abaturage uko icyorezo cya coronavirus cyaje ndetse n’ibindi bijyanye n’abakinnyi.
Deo Habineza [iburyo] ubwo aheruka gusura EMMA RADIO yasanze bari mu biganiro byo kwirinda COVID-19
IBITANGAJE KURI IYI RADIO YE EMMA RADIO
Iyi Radio ye
avuga ko yayikoze mu bikoresho byarangije manda yagiye atoragura mu ngarandi z’abakanishi,
ifite ubushobozi bwo kumvikana muri
metero 200 uvuye ku cyicaro cyayo ku buryo abaturanyi be bakurikirana ibiganiro
byayo gatanu kuri gatanu.
Bavuginyumvira
Emmanuel yatubwiye ko yayikoze abivanye mu mutwe we gusa nta na hamwe akopeye. Yagize
ati ”Ntabwo ndigera ninjira muri studio n’imwe nabaho yaba ari ikora indirimbo, iya Radio cyangwa iya televiziyo”.
Yongeyeho ko
yayikoze bimuje mu mutwe gusa. Yavuze ko ifite mikiseri yikoreye. Mu bindi
bikoresho bitangaje yavuze ni mikoro ijyana amajwi muri furekanse (Frequency). Mu
gihe tumenyereye ko muri studio ya Radio haba harimo imashini ikinirwaho
imiziki, we akoresha telefone. Yashyizemo memori kadi (Memory card) iriho
indirimbo Magana inani.
Ibiganiro byayo
birategurwa, mu gusobanura iyi ngingo yagize ati ”Nifashisha umunyamakuru umwe
nawe n’umwana twigana dutegura ibyo biganiro tukabanza tukabivugaho tukareba niba
ibyo tugiye kuvuga aribyo noneho twarangiza akaza akabitanga”. N’ubwo bitamunanira
kuvuga amakuru cyangwa gutanga ibiganiro yavuze ko we yabihariye uwo munyamakuru
we, kuko we aba ari ku buhanga bw’ibyuma ayungurura amajwi n’ibindi.
Mu gusoza
ikiganiro twagiranye nawe yavuze ko umwe mu bayobozi atibuka izina wo muri RURA yamuhamagaye akamubwira ko ibyo akora bagiye kubigenzura niba nta mbogamizi
bishobora kuzagira ku mirongo mu kirere cyangwa ku mirongo y’izindi Radio. Yongeraho
ko ari umuvumbuzi w’umuhanga ukeneye gufashwa.
Uyu mwana nawe yasabye buri
wese ubishoboye kumufasha akabyaza umusaruro impano yifitemo kuva mu buto. Ngo yakuze
yumva yazaba umwe mu bakurikirana ibibera mu kirere. Mu bindi yakoze bigaragaza
ubuhanga budasanzwe harimo jomeri (indebakure), indege, impuruza (Alarm) n’ibindi.
Iyi minara yakoze niyo ituma amajwi ashobora kugera ku baturage
Javanix wa kabiri [iburyo] wakoranye indirimbo na Bulldog niwe muhanzi wa mbere yakiriwe muri iyi studio
TANGA IGITECYEREZO