RFL
Kigali

Ibya Green P ni agahomamunwa! Uko yarangirije umwaka ushize muri gereza n’uyu ni ko byaba bigiye kumugendekera

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:23/12/2020 16:07
0


Umuraperi w’umuhanga, Rukundo Elie wamamaye nka Green P, imyaka ibiri yikurikiranya yaba ibaye amateka mabi kuri we, aho yose yaba agiye kuyisoza yisanga muri gereza kubera gukoresha ibiyobyabwenge.



Mu mwaka wa 2019, uyu muraperi yawurangije acumbiwe na Polisi kuri Station ya Kicukiro, aza kujyanwa no muri gereza ya Mageragere azira gukoresha ibiyobyabwenge n’imiti yifashishwa nkabyo. Tariki 9 Ukuboza 2019, niho amakuru yatangiye kumenyekana ko Green P yafashwe na Polisi.

Umuraperi Green P wari amaze igihe afungiye i Mageragere yarekuwe  by'agateganyo in 2020 | Green, Muri, Amazing

Uyu musore Green, wamenyekanye mu itsinda rya Tuff Gang, ritakibaho, Noheli n’ubunani ya 2019, yabyumviye muri Gereza ya Mageragere. Yakiriwe kandi mu birori abagororerwa muri iyi gereza bakorewe tariki 31 Ukuboza 2019, aho basabanye bizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Ku mbuga nkoranyambaga, hari kuvugwa ko Green P, yongeye gutabwa muri yombi tariki 12 Ukuboza 2020 azira gukoresha ibiyobyabwenge. Amakuru agera ku InyaRwanda avuga ko uyu muraperi afungiye kwa Kabuga. Mu rwego rwo kubaza amakuru yizewe, twabashije kureba uburyo twavugana na bamwe mu bayobozi ba gereza yo kwa Kabuga ntibyakunda.

Polisi y' u Rwanda yanyomoje amakuru yifungwa rya Green P-eachamps.rw

Green P ari mu baraperi bari bakunzwe

Twavuga ko muzika ya Green P, hashize imyaka 2 ihagaze nabi cyane kubera itabwa muri yombi rya hato na hato akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND