RFL
Kigali

Ikiganiro na Rush Beat wo muri The Mane waciwe intege n’umuhanzi ubu akaba ari gukorera ibyamamare birimo Khaligraph Jones-VIDEO

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:22/12/2020 11:54
0


Rush Beat umusore ukiri muto umaze gukora indirimbo zirimo Worokoso, Aba People n'izindi zikakirwa neza, yavuze ko hari igihe umuhanzi yamuciye intege ashaka kureka gutunganya indirimbo, ntiyacika intege burundu, ubu akaba ari gukorera ibyamamare birimo Khaligraph Jones wo muri Kenya.



Elyse Raha wiyita Rush beat ubu ni we ukora indirimbo zisohoka muri The MANE. Ku myaka 21 avuga ko afite inzozi zo kuzakorera indirimbo abahanzi bakomeye haba muri Afurika n’ahandi. Iyo asobanura aho akura izina Rush avuga ko yafashe inyuguti ya R akongeraho Sh ziva ku mazina y’umukunzi we witwa Shiffa. Ni izina yiyise ataranarota kuba umuproducer.

Yabonye izuba ku ya 18 Gashyantare mu 1999. Ijoro yavutsemo ntabwo ryari ryiza kuko umubyeyi we yamubwiye ko bitari byoroshye. Ati: ”Hari saa moya zijoro ariko mama wanjye yambwiye ko byari bigoye kuko byari ibibazo”. 

Yavukiye anakurira muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo mu Mujyi wa Kinshasa, i Bukavu yahabaye imyaka mike asubira i Goma. Amashuri abanza yayigiye i Bukavu. Ayisumbuye yayigiye i Goma. Kaminuza yayikandagiyemo ariko aza kuyireka bitewe n’inyota yo gutunganya imiziki yari afite. Ati: ”Hari ukuntu umuntu yiga ibintu ariko bitamubyarira umusaruro rero nahisemo kwiga ibyo nzakoresha kandi nkunda”.

Inzozi yarose ntiyazikabije

Rush Beat akiri muto yari afite icyo yumvaga yari kuzaba naramuka akuze. Ati: ”Mama yambwiye ko nkiri umwana nifuzaga kuzaba umusirikare”. Amaze gukura yifuje kuba umunyamakuru kuko yavugaga neza ururimi rw’igifaransa. 

Ntibyarangiriye aho kuko amaze kurangiza amashuri yisumbuye yimenyereje ubunyamakuru kuri radiyo na televiziyo bya Kongo i Goma (RTNC) ni byo yumvaga ashaka ariko nyuma yaje kwigira muri muzika bitewe no kumenya gucurunga piyano, iyi yo yayitangiye kuricuranga afite imyaka  icyenda. Nubwo azi gucuranga neza cya gikoresho twavuze hejuru akunda byimazeyo Saxophone ku buryo mu ndirimbo akora bigoye ko iburamo.

Urugendo rwa Muzika

Ku myaka umunani yaririmbaga muri Korali y’abana nyuma y’imyaka ibiri yahise ajya muri korali y’abakuru akabifatanya no gucuranga piyano anayobora ya korali. Yagerageje kuririmba ku giti cye biramunanira aranabireka bitewe no kubura aho amenera. Ati: ”Naragerageje biranga ariko hari uturirimbo mfite kuri You Tube ariko ndashaka kudusiba nkazajya ntwumva tunyibutsa ibihe naciyemo”. Icyo gihe yakoraga indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Igihe yinjiriye mu kazi ko gutunganya indirimbo

Muri Nyakanga 2019 ni wo mwaka yinjiye neza mu rugendo rwo gukora indirimbo mu buryo bw’amajwi(audio production). Yibuka ko yari afite inshuti ye ifite studio nto yamufashije kujya yiyigisha akoresheje You Tube, yamaze amezi abiri yiyigisha ariko bitewe n’uko nta bushobozi yari afite bwo kugura internet yacungaga ijoro rigeze akaba ari bwo akoresha ya Internet ikoreshwa n’abakiri bato.

Reba ikiganiro cyose yagiranye na INYARWANDA TV

">

Hari igihe umuhanzi yamuciye intege ashaka kubivamo ariko yarebye ubuhamya bw’abandi banyuze mu nzira zikomeye bakaza kubigeraho yiyemeza kongera gusubira gutunganya indirimbo.

Umuhanzi yaraje amuha injyana (Beat) aragenda araririmba noneho igihe cyo guhuza amajwi na Beat (Masterin na Mixing) kuko Rush atari azi neza kubihuza umuhanzi yamubwiye ko nta kintu azi ku buryo yaraye ijoro rose arira. Ati: ”Ndi mu nzira ntaha nararize ariko yari yambabaje cyane atanazi ko ari bwo ngitangira yarambwiye ati bro washatse ibindi ukora ibyo gutunganya indirimbo ukabireka?’’’.

Uwo muhanzi ubu amaze kumva ko Rush asigaye akora indirimbo zikamamara mwibuke ko ari we wakoze 'Aba People' ya Calvin Mbanda ndetse ari gukorera abahanzi barimo Buravan, Papa Cyangwe n’abo muri The Mane ukongeraho abo muri Kenya barimo Masauti na Khaligraph Jones usanzwe unatunganya indirimbo;

Uwo muhanzi yatangiye kumwegera ngo amukorere indirimbo ariko Rush Beat asobanura ko byamufashije kuko nyuma y’icyumweru kimwe yarebye ubuhamya bwa Dj Snake noneho nyuma yongera kubigarukamo.

Wa muhanzi wamuciye intege yakomeje gukurikira ibikorwa bye ku buryo mu minsi iri imbere azamugana akamukorera indirimbo. Iyo bahuye arabimwibutsa. Rush ati:’’Njya mubwira nti musaza wari undangije ariko kabisa’’. 

Yageze ate muri The Mane?

Rush Beat ikiraro cyamugejeje muri The Mane ari Khalifani wamuhuje na murumuna wa Badrama witwa Safi. Ati:’’Nari ahantu muri studio  y’umuntu mfata nka papa wange kuko yampaga byose nigiragaho, ndi aho hantu nahuye na Ki bro wo muri High vibes gangs yabwiye Khalifani ko Rush ari umuhanga’’.

Khalifani ni we muhanzi uzwi yabonye bwa mbere ariko yaje kumubera umwana mwiza. Yari yaragerageje gukora injyana (beat)akaziha abahanzi bakamwirengagiza. Yaje gusanga na Khalifani ari mu bo yahaga beats ariko ntibamusubize. Khalifani yahise asaba Rush Beat ko yamukorera indirimbo. 

Rush ubuhanga bwo gucuranga Piano bwashimishije Rush bityo ahita ahamagara Badrama ariko ntiyitabye telefoni, yarakomeje aragerageza noneho murumuna we witwa Safi yahise amwitaba amubwira ko yabonye impano.

Safi yasabye Rush gukora beats muri Ugushyingo 2020 ko yakora beat imwe mu amsaha abiri ari buze kumva niba ari umuhanga. Safi yaragarutse asanga Rush Beat yakoze injyana esheshatu (beats) muri ya masaha abiri.

Umuryango wari watangiye kwifungura

Safi yumvise injyana (beats) zakozwe na Rush Beat yumva ntizaherera aho ahita ahamagara abahanzi bo muri The Mane ngo baze bakore. Yahereye kuri Calvin Mbanda bahita bakora indirimbo. Nyuma y’iminsi ibiri hahise haza Queen Cha nyuma abanda bahanzi nabo batangira kumugana gutyo.

Mu cyumweru cya mbere nibwo yakoze Aba Peopla ya Mbanda, ni indirimbo yaturutse ku nkuru barimo baganiraho muri studio ubwo bari kumwe na Kenny sol. Mu gukora indirimbo areba indirimbo zigezweho kandi zikunzwe akaba ari zo aheraho akongeramo umwihariko we. Indirimbo Worokoso ya Marina nayo yayigizemo uruhare.


Rush Beat ari gukorera indirimbo icyamamare Khaligraph

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PRODUCER MUSHYA WA THE MANE


 








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND