Pierre Buyoya wayoboye u Burundi inshuro ebyiri mu bihe bitandukanye yapfuye kuri uyu wa Gatanu afite imyaka 71 ariko icyamuhitanye ntikiramenyekana nk'uko Ijwi ry’ Amerika ryabitangaje.
Bwana Buyoya yari aherutse kwegura ku mwanya wo kuba intumwa
yihariye y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ku kibazo cya Mali n’agace ka SAHEL
kabarizwamo Senegal, Mauritania, Mali, Burkina Faso, Algeria,
Niger, Nigeria, Chad, Sudan na Eritrea.
Buyoya urukiko rwo mu Burundi rwamukatiye igifungo cya burundu nyuma yo kumuhamya uruhare mu rupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye wishwe mu 1993. Ndadaye yishwe mu 1993 nyuma y’amezi ane atsinze amatora yari yabaye aciye mu mucyo ibintu byafashwe nk’amateka muri icyo gihugu, yari ayahanganiyemo na Buyoya.
Buyoya w’umututsi mu 1987 yakoze Coup d’Etat, nyuma mu 1993
akurwa ku buyobozi mu matora yatsinzwemo na Ndadaye w’Umuhutu. Ndadaye amaze
kwicwa mu gihugu habayeho ubwicanyi bwahagaritswe mu 2006 ariko bwaguyemo
abarenga 300,000.
Major Pierre Buyoya yayoboye u Burundi inshuro ebyiri
(1987-1993, 1996-2003). Uyu mugabo aza ku mwanya wa kabiri mu bakuru b’igihugu
bayoboye u Burundi imyaka myinshi (13).
Yari aherutse kwegura ku mwanya w’Intumwa nkuru y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) mu bibazo bya Mali na Sahel, nyuma y’iminsi mike akatiwe gufungwa burundu. Urukiko rwo mu Burundi rwamukatiye igifungo cya burundu nyuma yo kumuhamya uruhare mu rupfu rwa Perezida Melchior Ndadaye wishwe mu 1993.
Mu ijoro ryo ku wa
21 Ukwakira 1993 nibwo Umutwe w’Abasirikare b’u Burundi wafashe umukuru
w’igihugu, Melchior Ndadaye, wa mbere wari ugiyeho biciye mu matora ya
demokarasi, uramwica.
Buyoya aheruka kuvuga ko atemera ibihano yafatiwe kuko urubanza rwabaye ku
nyungu za politiki kandi rukaba binyuranyije n’amategeko.
Yavuze ko urubanza
rwatangiye rugamije kuyobya amahanga ku mvururu zakuruwe na manda ya gatatu
ihabanye n’Itegeko Nshinga ya Perezida Pierre Nkurunziza hagamijwe
ubukangurambaga bushingiye ku moko buganisha ku matora yabaye mu 2020.
Yavuze ko kandi kuba rwarasomwe mu gihe hibukwa imyaka 27 Ndadaye yishwe, nabyo ngo ni ibyo kwibazwaho kuko bigamije kunezeza imitima y’abantu gusa. Buyoya yari aherutse kuvuga ko azajuririra igihano yahawe kugira ngo agaragaze uburyo ari umwere.
TANGA IGITECYEREZO