RFL
Kigali

Bakame yandikiye ibaruwa Jay Polly amusaba kumusubiza byihutirwa kuko arembye bikomeye

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:18/12/2020 14:37
1


Bakame utuye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali akaba umufana ukomeye wa Jay Polly yandikiye ibaruwa uyu muraperi amusaba kumusubiza byihutirwa kuko natabikora ashobora kwicwa n'irungu bitewe no kubura indirimbo ze zimugera ku ndiba y'umutima nk'izo uyu muraperi yakorana mu myaka yatambutse.



Bakame yanditse ati "Jyewe Bakame nkunda byimazeyo Jay Polly ku buryo nari narisize amarangi kubera kumufana, ubu rero ndarwaye bikomeye rwa Rukundo utapfa kwiyumvisha. Mu 2014 wegukanye PGGSS4 igihembo cyarutaga ibindi mu Rwanda icyo gihe.

Wowe wivugiye aya magambo mu bitangazamakuru uti: "Hari benshi bagiye bavuga ko dukora umuziki mu rwego rwo kwinezeza, tutazi kuwubyaza umusaruro. Ariko hamwe na Guma Guma negukanye, ndakubwira ko uyu mwaka urarangira izina ryacu rimaze kwaguka no mu mahanga. Igihembo negukanye cyamfashije cyane mu rwego rw’ubushobozi ndetse na Promotion, tutari dufite mbere.”

Rero muvandimwe nkunda kandi sinzabura kugukunda nubwo wowe utanzi kuko ibyo ngusaba si byinshi ndagusaba ko wakongera ukampa indirimbo nk’uko wajyaga ubikora muri cya gihe wasohoraga 2*2, Ku Musenyi n’izindi. Mu 2014 ko wavuze ko wubatse ku musenyi, wubatse ahakomeye ariyo mpamvu abandi bahora bajegajega kuko bubatse ku musenyi, wanavuze ko uri umuzehe uniyita Kabaka (umwami). 

Jay Polly mwana wa mama uri umuhanga simbishidikanyaho ndetse mu Rwanda abiyise abatafugenge twari tumaze kuba benshi ku buryo na we ubizi kuko iyo wajyaga mu bitaramo hirya no hino mu gihugu wabonaga ko ukunzwe cyane rwose ariko muri iyi minsi ntabwo nzi uko byagenze. Mu 2019 wigeze kubwira umunyamakuru ko mu 2020 uzashyira hanze umuzingo (Album), iyo sinakubaza uko byagenze kuko umwaka wa 2020 wabaye uw’impfabusa kuri buri wese cyeretse abagerageje gusaza imigeri.

Rero nshuti nkunda Jay Polly wagiriwe ubuntu ubona inzu igufasha ku buryo wagombaga kubibyaza umusaruro. The Mane Music wari mu biganza byayo munabanye neza n’ikimenyimenyi iyo ugiye aho ikorera uhasanga mu bishushanyo bihari ku nzu na we urimo bivuze ko wari umwe mu nkingi za mwamba yari yubakiyeho. Nonese ko ntamenye icyagutandukanyije na The Mane mwanatandukana ntiwongere gukora indirimbo nibura zinyuze ubwo agahinda wanteye nzagahozwa na nde?

Ngaho reba abahanzi bashya bari kuza urebe ko hari uwo wampitiramo wenda wowe mbe ngushyize ku ruhande kuko ntabwo uri kunkorera ibyo nari nkuziho ukiri Jay Polly wiyita Kabaka.

Umva rero Jay Polly icyo ngusaba ko wankorera, nabonye ubwira itangazamakuru ko ugiye Dubai kuzana ibyuma byo gushinga studio, ndetse inkuru zarashishimuwe ku bwinshi, wagize uti: “Ndashaka gukora ikosora hano mu Rwanda, studio idafite amashusho izaba ikomeye ariko iy’amashusho yo abantu bazabona ibitangaza i Kigali”.

Wongeyeho ko ibyuma bigomba kugera i Kigali ku itariki ya 01 Ugushyingo 2020, bigahita bijyanwa ku cyicaro cyayo ku Kimihurura. Ese byaba byaraje?

Nshuti nkunda Jay Polly reka nkomeze nkwisabire wenda nubishaka uzansubiza nutansubiza ubwo nzapfana agahinda. Hari abahanzi bagenzi bawe bakoze bene iyo mishinga barenze batatu ariko nta musaruro nabonye byatanze kuko na nubu nta ndirimbo cyangwa se ibindi bikorwa bikomeye nabonye byakorewe muri za studio na we uzi zafunguwe ndetse itangazamakuru rikandika ritizigamye ko hafunguwe inzu zitunganya imiziki z’akataraboneka. 

Muvandimwe niwitegereza urasanga studio zikora neza atari izihenze cyane nk'uko ubitekereza kuko miliyoni zirenga 10 uvuga ko ugiye gushora birashoboka ko washaka ikipe igizwe n’abantu basobanukiwe ibyo gucuruza umuziki bakagufasha dore ko nabonye uyu muziki wacu urimo abatekamutwe benshi barya amafaranga yanyu barangiza bakikomereza mugasigara nta n’urwara rwo kwishima musigaranye.

Kubera ko nkunda umuziki cyane, nabonye ko bigoye kuba umuhanzi yashinga studio wenyine ngo ikore neza nk'uko yabyifuzaga kuko akenshi usanga avanga ubucuruzi n’ubushuti kandi ibyo bikorwa bibiri birazirana rwose mbikumenyeshe hakiri kare.

Nshuti yanjye nkunda byimazeyo niba winjiye mu bushoramari uzibuke ko ndi umutafugenge kandi ntari jyenyine turi benshi mu Rwanda no hanze tugukunda rero mu 2021 uzashake ukuntu wakongera kuba Kabaka umwe wakoraga indirimbo zigakundwa.

Nshoje mbabaye ko nutansubiza nzapfana agahinda ariko nugira umutima uzirikana uzanyibuke kuko nifuza kukubona uri Kabaka nk'uko wari mu 2014 wegukana PGGSS4 ndetse uzashore imari ugire ishya n’ihirwe ariko rero uzatekereze kabiri mperutse kubona urungano rwawe mu nkiko baburana ku bijyanye n’umushoramari bakoranaga none wowe uzarebe kure ndagukunda.

Uzagire Iminsi mikuru myiza ndetse nkwifurije umwaka mushya muhire wa 2021. Sinabura gushimira INYARWANDA.COM yemeye gutambutsa ibaruwa yanjye kuko nari narakomanze henshi narabuze uwanyakira.

Bakame umutafugenge urembye bikomeye"








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • baba3 years ago
    nukuri kabaka turagukumbuye sana gra ugaruke





Inyarwanda BACKGROUND