RFL
Kigali

"N'ubwo turi gutsindwa ariko ikipe imeze neza" Umuyobozi wa Arsenal

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/12/2020 10:33
0


Ikipe ya Arsenal imaze iminsi mu bihe bitari byiza by'umwihariko muri iyi shampiyona ya 2020/21 dore ko ubu iri ku mwanya wa 15 n'amanota 13 mu mikino 12 imaze gukina.



Umuyobozi wa Tekenike mu ikipe ya Arsenal, Edu Gaspar atangaza ko n'ubwo ikipe iri mu bihe bibi, ndetse n'umutoza akaba ari ku gitutu, ntabwo byahindura ko ikipe iri mu bihe byiza. Yagize ati "Ukurikije uko ikipe yashoje shampiyona ya 2019/20 ndetse n'uko yatangiye iy'uyu mwaka, twavuga ko nta cyahindutse muri byose". 

"Kuva Mikel Arteta yagera hano dusa n'aho dukora ibintu bimwe, Arteta ari gukora akazi gakomeye kandi ari kugakora neza cyane abakinnyi baramwizeye ubuyobozi buranyuzwe, buri wese hano yishimiye ibiri kuba ndetse tunashaka ko byaba byiza kurushaho. Ndabizi hano kuba wavuga ko baduha umwanya uhagije ntabwo byakumvikana neza kuko abantu benshi barabivuze cyane. Gusa kuva twagera aha twahinduye byinshi cyane ubu rero ni cyo gihe ngo bitange umusaruro."


Arteta kuva yagera muri Arsenal, hakomeje kwibazwa umusaruro we

Edu abajijwe ku kigero bashyigikiye ho umutoza, yatangaje ko niba ikipe icyeneye kugira ubuzima bushikamye, igomba kwihanganira umutoza. Yagize ati "Ntago ikibazo kiri kuri Edu, ntabwo kiri kuri Arteta, ikibazo kiri ku kudahama hamwe no gushikama kwa Arsenal, gusa kuri ubu ni cyo gihe ngo dutuze kandi tube ikipe ifite umuyoboro haba mu kibuga ndetse hanze yacyo ni yo mpamvu tugomba gushyigikira umutoza wacu tukareba ko yatugeza kuri byinshi".

Abajijwe kandi ku cyo biteguye gukora ku isoko ryo muri Mutarama, Edu yavuze nta mpamvu yabyo. Yagize ati "Icyo ni ikibazo cyiza, nshobora kwibaza nti kubera iki? Turi hano ngo dukemure ibibazo, dufite ikipe, dufite abakinnyi, dufite umutoza, ye we dufite n'ubuyobozi kandi buri umwe arahari ngo agire icyo ahindura ntabwo numva rero imbaraga zizava hanze hari icyo zahindura mu ikipe kuko igisubizo kiri hagati yacu".

Umukino wa shampiyona uheruka, ikipe ya Arsenal yatsinzwe igitego 1-0 n'ikipe ya Burnley ndetse inahabwa ikarita itukura binakomeje kwibazwaho ku kibazo cy'imyitwarire.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND