Hari akazi usanga gakorwa n’abantu bafite igishoro gito mu kwanga kwicara no kwicwa n’inzara ariko bamwe kuyoboka ubuzunguzayi bwo mu muhanda, ni cyo kiri kuvugisha benshi ubwo umukobwa w’uburanga buhebuje wo muri Ghana yatangiraga ubuzunguzayi.
Uyu
mukobwa utatangajwe amazina, amakuru avuga ko yafotorewe mu mujyi wa Accra ari
kuzunguza yikoreye aka-Basi karimo imbuto. Imigararariye n’imyambarire ye byatumye yamamara atyo ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye. Aya mafoto y’uyu mucuruzikazi uvugwa ko ari umucuruzi wo ku muhanda, ugendana agataro, yatangiye gukwirakwizwa
ku mbuga nka Whatsapp, Facebook aza no kwinjira mu binyamakuru.
Nk'uko tubikesha ikinyamakuru, atinkanews, uyu mukobwa agaragara mu ikanzu y’umutuku, yambaye amaherena ku matwi yombi, akifata nk’umunyamideli. Hari ababanje gukeka ko yaba ari amafoto yafashe mu buryo bundi bwari bugamijwe aterekana ko ari umuzunguzayi, nyamara ni we. Mu bicuruzwa yari gucuruza, ni Cocoa (Amapapayi), kimwe mu bihingwa bikunze kwiganza cyane mu gihugu cya Ghana n’ahandi mu bihugu byo mu Burengerazuba.
SRC:Atinkanews
TANGA IGITECYEREZO