RFL
Kigali

Zlatan Ibrahimovic yatangaje ko yiteguye gukinana n'umwuzukuru wa Paolo Maldini

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:12/12/2020 9:17
0


Rutahizamu w'ikipe ya AC Milan Zlatan Ibrahimovic yatangaje ko n'ubwo afite imyaka 39 atiteguye gusezera kuri ruhago ko ahubwo ababyibazaho bazatungurwa bityo akaba yiteguye gukinana n'umwuzukuru wa Paolo Maldini.



Mu kiganiro yagiranye na BBC, Zlatan yavuze ko azakomeza gukora cyane kugeza igihe azumva ibyo yakoraga bitagishobotse. Yagize ati "Nzagumya gukora cyane kugeza igihe ntazaba nkishoboye gukora ibyo ndi gukora muri iyi minsi, nzakomeza kubaka umubiri wanjye ku buryo ugira imbaraga. Abafana benshi ntabwo biyumvisha ko nakina neza ku rwego rukomeye nko gukina mu Butariyani ariko ibyo byose baba bavuga nibyo bimpa imbaraga".


Zlatan ni umwe mu bakinnyi bazwiho gukina umupira wo munguni yose

"Ubwo nazaga muri Milan AC bwa mbere nasanze ari ikipe ihatanira ibikombe gusa ubwo nagarukaga bwa kabiri nasanze ikipe iri kurwana no kugaruka mu myanya myiza yahozemo mbere. Ni igihe cyiza kandi nkunda mu buzima bwanjye, nkunda ahantu haba abantu bumvako ibintu bitagishobotse kuko bigoye kuri njye niho mba numva nshaka kwibera. Niba nshobora gusubiza Milan AC ku rwego yahozeho biranshimisha mba numva nyuzwe kuruta kujya mu ikipe isanzwe ikomeye nanjye nkamereza aho yari igejeje".


Yabaye Kapiteni w'igihugu cye cya Suwede kugeza asezeye kugikinira

Zilatan ufite ibitego byinshi muri shampiyona y'u Butariyani avuga ko ataje muri Milan AC kuko batari bamukeneye, ati "Njye ntabwo naje hano kubera ibyo nahakoze mbere naje hano kubera ibyo ndi gukora muri ikigihe ndimo kandi nanjye nibyo bintera gukora cyane. Nakoze ibyiza byinshi ariko sibyo niratana ahubwo ngomba kwerekana uwo ndiwe buri munsi, nzakora cyane kugeza ubwo ibyo nakoraga binaniye. Nakinnye n'ibiragano bitandukanye, nakinanye n'uwahoze ari myugariro wa Milan AC Paolo Maldini none ubu ndi gukinana n'umwana we Daniel ntihazagire rero umuntu utugurwa nkinanye n'umuzukuru we".


Umwe mu bakinnyi bakiniye amakipe menshi kandi akomeye

Mu bakinnyi bahataniye igihembo cy'umukinnyi mwiza ku isi mu 2005, Zlatan ni we mukinnyi usigaye mu kibuga. Uyu rutahizamu wanyuze mu makipe nka PSG, Barcelona, Inter Milan, Ajax, Manchester United ndetse na Malmo, ubu afite ibitego 10 mu mikino 8 ya shampiyona y'u Butariyani akaba ari na we uyoboye urutonde rwa shampiyona aza imbere ya Cristiano Ronaldo na Rukaku.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND