RFL
Kigali

Meddy, Davis D, Mbonyi na Mico mu bahanzi Nyarwanda 7 bakunzwe cyane mu gihugu cy’u Burundi

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:9/12/2020 7:37
0


Umuziki burya urakura, ibi biba mu gihe umuhanzi ku giti cye yagize uruhare rwo gukora indirimbo nziza z’umwihariko, ariyo mpamvu uzasanga hari abahanzi benshi bo mu gihugu runaka bamamara mu bindi bihugu yewe bakubahwa kurenza abo mu gihugu imbere.



Muri iyi minsi muzika Nyarwanda iri kugenda itera imbere, igafata ibihugu by’ibituranyi, Kenya, Burundi na Tanzania. Ibi ni byo bihugu twavuga abanyarwanda bake baba bumvikanamo. Gusa mu Burundi usanga umuziki w’abanyarwanda bawukunda cyane mu gihe Abahanzi bo mu Burundi baba badashaka ko i Burundi hacurangwa indirimbo zitari izabo.

Big Fizzo - Aratabura Remix (Official Music) - YouTube

Big Fizzo ntaba ashaka ko umuziki wo hanze y'u Burundi wacurangwa

Mu minsi ishize, Big Fizzo n’abandi bahanzi batandukanye bitabiriye ibirori byiswe Flambeau de la Paix byabereye mu mujyi wa Bujumbura mu rwego rwo gususurutsa abantu bari babyitabiriye. Ubwo yarangizaga kuririmba Big Fizzo yaboneho kuvuga ijambo riri ku mutima we risa n’iryari rimuremereye.

Yassbye abayobozi b’igihugu cyane cyane Perezida w’Igihugu (Gen. Evariste Ndayishimiye), aba Dije (Djs), abanyamakuru, abacuranga umuziki muri Boite na Club, kureka gukunda indirimbo z’amahanga kandi n’Abarundi bashoboye umuziki, ibyatuma umuziki wabo utera imbere.

Nubwo Big Fizzo yabisabye, burya umuziki ni ikintu kigendana n’amarangamutima ya muntu ariyo mpamvu abanyamahanga bakundwa bitewe n’ubutumwa baba batanga mu ndirimbo zabo, ubu hari abahanzi  bo mu Rwanda bakunzwe cyane i Burundi.

InyarwaRwanda.com, yagerageje kuvugana na bamwe mu bakora banasobanukiwe ibya muzika yo mu Burundi harimo, Abanyamakuru, abadije (Djs). Mu kiganiro n’aba  banyamakuru, Ami wa Buja Fm na Edsson ukorera  Culture FM, bemeza ko mu Burundi hari abahanzi b’abanyarwanda bigaruriye imitima ya benshi.

Ndayahoze Edsson wa Culture Fm yagize ati: Mu Burundi Abahanzi b’Abanyarwanda barakunzwe barimo; Bruce Melodie, Mico The Best, Marina, Davis D na Israel Mbonyi”.

Ami, wa Buja Fm we yagize ati: “Njyewe mvuza indirimbo z’Abarundi gusa ariko aba Djs bavuza cyane indirimbo z’Abanyarwanda”.

Mu ruhande rw’aba Dj, InyaRwanda yaganiriye n’umu Dj wa Sat-B, Dj Nc, avuga ko hari abahanzi bakunzwe cyane, yagize ati: "Uwa mbere ni uyu waririmbye “Dede” (Ubwo yashakaga kuguva Davis D), Mico The Best, Bruce Melody, ni abo kuko ubu u Burundi buri gucuranga indundi cyane".


Dj Nc ucurangira Sat-B

Dj Zenobino, ku bahanzi abona bakunzwe cyane yagize ati: "Abahanzi b’Abanyarwanda bakunzwe mu Burundi, ni Davis D, Bruce Melodie, harimo na Marina, hanyuma Meddy na The Ben iyo basohoye indirimbo usanga abakobwa bazikunda cyane”.

Abahanzi nyarwanda bakunzwe i Burundu nk'uko benshi twaganiriye babahurijeho, abaza ku isonga ni: Bruce Melodie, Davis D, Mico The Best, Israel Mbonyi, Marina, Meddy na The Ben.

1.Bruce Melodie

Iby'indirimbo ya Bruce Melodie yakuwe kuri Youtube byasobanuwe – IMVAHONSHYA

2.Davis D

Davis D gears up for 'Afro Killa' launch | The New Times | Rwanda

3.Mico The Best

Mico The Best | Inyarwanda.com

4.Marina

Umuhanzikazi Marina, amaze guheba uwo yakunze - Mama U rwagasabo

5.Israel Mbonyi

UR-Huye: Israel Mbonyi byamurenze! Udushya 7 utame - Inyarwanda.com

6.Meddy

From culprit to ambassador: Star Meddy advocates for road safety | The New  Times | Rwanda

7.The Ben

The Ben agiye gutaramira i Dubai hamwe n'ibindi byamamare muri Afurika -  Kigali Today





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND