Ubuzima ni gatebe gatoki, ubaho mu munyenga w’umunezero ariko ntagahora gahanze, nta gihe umuntu yitaba Imana ngo habure abantu bashengurwa imitima. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho ibyamamare bitanu byitabye Imana muri uyu mwaka wa 2020.
Mu Rwanda, uyu mwaka wa 2020 abakunzi b’umuziki babuze abahanzi n'abanyamuziki batandukanye, hanze y’u Rwanda naho hari ibyamamare byatabarutse bisigira intimba abatuye isi. Muri batanu tugiye kubagezaho harimo abo mu Rwanda n'abo hanze yarwo.
1.Dj Miller
Karuranga Virgile wari uzwi ku kazina ka Dj
Miller, ari mu bahanzi n'aba Dj bari bamae kwigarurira imitima ya benshi hano mu Rwanda. Yitabye Imana Tariki 5 Mata 2020. Yaguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal nyuma y’indwara yari
yamuzahaje ya Stroke. Dj Miller yavangaga umuziki kakahava, yakundaga kuririmba
yifatanije n’abandi bahanzi batandukanye barimo; Christopher bakoranye
indirimbo “Trainer”, Nel Ngabo bakoranye iyitwa “Boss”, hari n'iyo yakoranye na Peace Jolis na Urban Boy yitwa “Belle”, n’izindi. Urupfu rw’uyu muhanzi rwashegeshe abakunzi
benshi ba muzika.
2. Kizito Mihigo
Umuhanzi mu ndirimbo zifashishwaga cyane muri Kiliziya Gatolika, Kizito Mihigo, ni umwe mu bahanzi b'ibyamamare bapfuye mu 2020. Tariki
17 Gashyantare 2020, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Kizito Mihigo wari
ufungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera yapfuye yiyahuye akoresheje amashuka yararagamo. Kizito yari afunzwe akurikiranyweho gushaka kwambuka umukapa mu buryo bunyurangije n'amategeko ajya i Burundi.
3. Chadwick Boseman
Chadwick
Aaron Boseman, yari umukinnyi w’icyamamare
muri Sinema, akaba yaramamaye muri Filime zakunzwe ku isi nka; Black Panther, 21 Bridges,
n’izindi. Tariki 28 Kanama 2020, isi yose yumvise urupfu ry’icyamamare Chadwick wapfuye azize indwara ya Kanseri.
4. Kobe Bryant
Kobe Bean Bryan, yari umukinnyi wa Basketball w’umunyamerika
wabigize umwuga. Yamaze imyaka 20 yose mu ikipe ya Los Angeles Lakers, yaciye
uduhigo twinshi harimo gutwara ibikombe 5 muri NBA. Tariki 26 Mutarama 2020, nibwo inkuru y’urupfu rwa Kobe
Bryant yamenyekanye ko yapfiriye mu mpanuka
y’indege ya kajugujugu yahitanye abandi bantu barimo n’umukobwa we
w’imyaka 13.
5. Diego Maradona
Diego Armando Maradona, Icyamamare mu mupira w’amaguru ku isi ukomoka muri Argentine, afatwa nk'umwe mu bakinnyi bakomeye b’ibihe byose. Yitabye Imana ku myaka 60 azize indwara y’umutima tariki ya 25 Ugushyingo 2020. Isi yose yashavujwe n'urupfu rwe bigeze muri Argentine biba akarusho kugeza aho Perezida w'iki gihugu atanga konji y'iminsi 3 yo kumwunamira.
Imiryango yabuze abayo ikomeze kwihangana kandi n'abitabye Imana bakomeze kuruhukira mu mahoro.
TANGA IGITECYEREZO