RFL
Kigali

MU MAFOTO: Ibitangaza byaranze umukino Mukura yatsinzwemo na Kiyovu Sport

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:5/12/2020 11:46
1


Ubwo shampiyona y'icyiciro cya mbere umwaka w'imikino 2020-21 yatangiraga, Mukura yatsinzwe na Kiyovu Sport ibitego 3-1 byatumye Mukura na Sunrise FC arizo kipe zatsinzwe ibitego byinshi ku munsi wa mbere.



Mukura yatakaje uyu mukino ku bw'impamvu zitandukanye ariko impamvu nyamukuru, ni abakinnyi bari bapanzwe kubanza mu kibuga ariko bikarangira badakinnye.


Ibintu byatangiye ari amahoro kuri stade

Umukinnyi Vincent Adams, Muniru, ndetse na Olih Jacques, bose ntabwo bari bafite ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda ibintu byamenyekanye habura amasaha atarenze 10 ngo uyu mukino winikizwe.


Adams byageze mu minota ya nyuma akizeye gukina


Abasifuzi batagira uwa 4 nibo bayoboye umukino


Abakinnyi babanjemo ku ruhande rwa Mukura


Abakinnyi babanjemo ku runde rwa Kiyovu Sport

Ubuyobozi bw'iyi kipe bwagumanye icyizere ko aba bakinnyi bagomba gukina uko byagenda kose. Vicent Adams kuva yagera muri iyi kipe yari atarahabwa icyemezo mu gihe Muniru na Olih Jacques ubwo bazaga mu Rwanda bahawe icyemezo cyo kuhakorera cy'amezi 3 gusa kirangiye ntibabaha ikindi. 

Iradukunda Barthelemy na we yari umukinnyi wagombaga kwifashishwa muri uyu mukino ariko na we aza guhura n’inzitizi z’ibyangombwa bye bigomba guturuka muri Kenya, gusa umukino wagiye gutangira nta cyemezo cyo gukina mu Rwanda afite.


Abakinnyi badafite ibyangombwa bahise bajya kwicara muri stade

Umutoza yakomeje kwizera aba bakinnyi kugeza ku isaha ya saa cyenda z'amanywa ubwo umukino watangiraga, urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka rwari rutaratanga ibyemezo by'aba bakinnyi. Mukura yasabwe kujya mu kibuga byatumye aba bakinnyi bavanwa kuri gahunda ku munota wa nyuma.


Ku ruhande rwa Kiyovu Sports  ibintu byari amahoro

Ikindi gitangaza cyagaragaye kuri uyu mukino, ni umukino wasifuwe nta musifuzi wa kane uhari byatumye abatoza bungirije aribo bamanikaga icyapa


Regis ni we wari uri mu mwanya w'umusifuzi


Kiyovu nayo yari ihagarariwe

Kubera amabwiriza yo kwirinda Covid-19 harimo ibwiriza ryavugaga ko ikipe yakiriye umukino igomba kuba ifite abantu nibura 4 barengeje imyaka 18 kandi bapimwe ko batarwaye Coronavirus bagomba kugarura imipira yabaga yagiye hanze no kuyisubiza mu kibuga, ibi byatumye Mukura ikoresha umuntu usanzwe wita ku bikoresho by’ikipe wazengurutse ikibuga cyose wenyine iminota 90, binatangaza abantu uburyo yabikoze neza. Nk'ibisanzwe kandi uyu mukino wabaye nta bafana bahari. Biteganyijwe ko Mukura izakira ikipe ya Sunrise FC ku munsi wa kabiri wa shampiyona, ibi bibazo byakemutse.

Ntago byari byoroshye


Umukino warangiye ari ibitego 3 bya Kiyovu Sports kuri 1 cya Mukura yari yakiriye umukino






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Fabio T3 years ago
    Nibitangaza kumugani w'umwanditsi! Nice story Ba





Inyarwanda BACKGROUND