RFL
Kigali

Abanyarwanda ijisho nibarihange abahanzi bafite umuziki w’umwimerere-Alex Muyoboke

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:24/11/2020 10:59
0


Muyoboke Alex wagize uruhare mu kwamamara ku abahanzi bafite amazina akomeye mu Rwanda yumvikanye asaba abantu bose bafite aho bahuriye n’uruganda rwa muzika guha umwanya umuziki w’umwimerere.



Ni mu kiganiro”Sunday night” cyo ku wa 22 Ugushyingo 2020 aho yari kumwe n’umuhanzi ari gufasha witwa”Chris Hat’ yasobanuye ko igihe kigeze Abanyarwanda n’abanyamakuru bagaha umwanya abanyempano bafite umwihariko muri muzika aha yanavuze ko ubu arajwe ishinga no gushaka isoko ryo mu bitaramo mpuzamahanga birimo amaserukiramuco (Festivals). Yagize ati:”Uzabaze Mani Martin buriya ni we wakubwira amafaranga aba muri za festivals ashobo guturitsa deal imwe akituriza”. Yanagarutse ku kuntu yigeze kujyana itsinda baherutse gutandukana rya Charly na Nina uburyo yabajyanye I Burayi noneho hakabaho aho biba ngombwa kuririmba imiziki y’imbonankubone “Live music” agasanga indirimbo zabo ntizikwiriye guhangana muri urwo rwego ariho yakuye igitekerezo cyo kwegera abantu bafite impano bakora umuziki wa nyawo Atari ukuririmbira kuri CDs cyangwa se ibizwi nka Playbacks.

Muyoboke yibukije abantu ko Primus Guma Guma Super Star buriya iza yazanye impinduka aho abahanzi bari barabaye abacakara bo kuririmbira kuri CDs nyamara basabwa kuririmba live byabanje kuba urugamba ariko baje kubimenyera kandi byatanze umusaruro. Gusa yongeyeho ko iyo urebye abanyamahanga usanga baradusize ku muziki kuko mu bitaramo byose bazamo inaha baririmba mu buryo bw’imbonankubone kandi byizihira abakunzi b’umuziki.

Yanakomeje ku kuba Leta y’u Rwanda ishyigikiye ubwo buryo bwo kuririmba aho hanagiyeho ishuri ry’umuziki ryo ku nyundo aho riri gusohora abanyempano batanga umusanzu muri muzika nyarwanda.

Muyoboke asaba Imana ko mu Rwanda haboneka abajyanama b’abahanzi benshi

Ati:”Ngize amahirwe abamanagers bakaza music yahinduka tugatera imbere”. Muyoboke asobanura ko mu Rwanda hakiri ikibazo cy’abajyanama b’abahanzi. Yongeyeho ko nta muhanzi wakora umuziki ngo arenge igihugu adafite ikipe imufasha mu muziki we. Ati:”Akenshi uzarebe nabo bahanzi bateye imbere ni uko bafite management nziza”

The Ben abantu baramwihaye ngo yatangiye gucika amazi kuko ari gukorana n’abahanzi bakirwana no kuzamuka ese Muyoboke abibona ate?

Mu gusubiza iki kibazo yagize ati:”Ushobora gufata bougie imwe igaca izindi 1000 kandi ikomeza kwaka”. The Ben kuba ari gufasha abahanzi bakizamuka ntibizamubuza kuba igihangange kandi n’abo yafashije bakamamara. Abantu ntibakwiriye gukomeza kuvuga ko kuba The Ben yakorana indirimbo na Muchoma, Igor Mabana hari icyo bitwaye kuko abafana be bazamenya n’abo bahanzi batari bazi. Yatanze urugero rwo muri Nigeria aho abahanzi bafite amazina basubira inyuma bagakorana n’abatazwi noneho bakabazamura. Kuri iyi ngingo reka tubibutseko The BEN  akunda kuvuga ko iyo atagira Tom Close Atari kuba uwo ari we ubu dore ko ari wamufunguriye imiryango y’ubwamamare ku buryo The Ben ahora azirikana iyo neza yagiriwe na we akaba yiteguye guhora afasha umugannye ashaka kugira aho agera. Diamond Plutnumz babona ubu ari igihangange abikesha Davido wemeye ko bakorana indirimbo”Number one” isubiyemo ariyo yaje kumugeza mu kibuga cy’ibihangange dore ko muri iyo ndirimbo banaririmbamo ko”I go make you famous” Davido abwira Diamond ko agiye kumugira icyamamare kandi ko byarabaye ubu bahurira ku rubyiniro usibye ko hari n’ibihembo Davido arusha uwo munyabigwi.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND