RFL
Kigali

Dore impamvu imineke idakwiye kubura mu byo ufata bya buri munsi

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:20/11/2020 14:19
0


Imineke n’imbuto zikunzwe kuribwa n’abantu benshi bo mu ngeri zitandukanye ku isi, uretse kuba iribwa kuko iryohera cyangwa inasa neza, imineke ifite akamoro gakomeye mu buzima bwa bantu.



Imineke ikomoka mu Majyepfo y’Iburasirazuba bwo ku mugabane wa Asia ikaba yaragiye ikwirakwira mu bindi bice by'isi guhera mu kinyejana cya 16. Abantu benshi bazi ko imineke iribwa n’abana cyangwa abandi bantu bakuru ariko barwaye.

Mu biribwa umuntu afata ku munsi byibuza abakwiye gufata ni imineke ibiri kugira ngo ifashe umuburi gukora neza. Impamvu imineke ari ingirakamaro hari ingingo 10 zerekana ko imineke ari iy'ingenzi mu mikorere y’umubiri:

1)Imineke igizwe n’intungamubiri nyinshi zitandukanye zirimo Vitamin C na Vitamin B6 zifasha umubiri gukomere.

2)Imineke ifasha kugabanya umuvuduko w'amaraso kuko ikungahaye kuri Pectin igira uruhare runini muguha amaraso umuvuduko nyawo.

3)Kurya imineke bifasha mu igogora ry’ibiryo bityo amara ntagire ikibazo mu gihe ari gusya ibyo umuntu yafashe.

4)Ku bantu bashaka kugabanya ibiro byabo imineke irabafasha cyane cyane ku bafata imineke ibiri mu gitondo babyutse bakarenzaho igikombe cy’amazi y'akazuyazi.

5)Imineke irinda indwara z’umutima kuko ifite intungamubiri zirinda umutima kurwara zikawufasha gutera neza.

6)Imineke irinda kurwara umutwe bya hato na hato ku bantu batanywa amazi ahagije, inafasha ubwonko gukora neza.

7) Mu gihe ushonje ariko ntabyo kurya bindi ufite wakwifashisha imineke kuko ihagisha mu buryo bworoshye.

8) Imineke idatonowe irinda irwara zitandukanye zirimo diabete.

9)Imineke ihiye cyane ifasha impyiko gukora neza.

10)Kurya imineke buri munsi birinda indwara zo munda zirimo igifu ndetse n’inzoka.

Src:www.healthline.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND