RFL
Kigali

Nyuma y’imyaka 6 Timaya agiye gusohora album

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:16/11/2020 12:46
0


Umahanzi Timaya ukomoka mu gihugu cya Nigeria agiye gusohora album nshya nyuma y’imyaka 6 yari amaze adasohora album. Iyi album ye nshya amaze amezi abiri ayitunganya iteganijwe gusohoka ku itariki 18 z'uku kwezi k'Ugushyingo.



Timaya wamamaye hirya no hino ku isi by'umwihariko ku mugabane wa Africa bitewe n’indirimbo ze nziza zakunzwe by'umwihariko yakunzwe bivuye ku njyana akora yitwa Dancehall ikunzwe n'abatari bacye.

Mu ndirimbo ze zakanyujijeho harimo nk'izo yiririmbanye ku giti cye zirimo nka Bum Bum yasohoye mu mwaka wa 2012, Sanko yasohoye mu mwaka wa 2014, I Like The Way yasohoye mu mwaka wa 2018 na Bang Bang yasohoye mu mwaka wa 2017.

By'umwihariko indirimbo ze zakunzwe kurusha izindi yakoze ni izo yafatanije n’abandi bahanzi bakomeye ku mugabane wa Africa barimo Patoranking bakoranye indirimbo bise Alubarika, yafatanije na P Square bakora iyo bise Dance, yakoranye n’umuraperi Phyno indirimbo yakunzwe bise Gbagam.

Timaya umaze imyaka 15 akora umuziki akaba yaranasohoye album 6, kuri ubu agiye gusohora album ye nshya izaba ari iya karindwi. Iyi album akaba yarayise Gratitude akaba azayisohora ku munsi wa gatatu w'iki cyumweru.

Nk'uko uyu muhanzi yabitangarije ikinyamakuru NotjustOk gikorera muri Nigeria, Timaya yavuze ko iyi album ye nshua agiye gusohora yayitondeye ndetse ko ifite umwihariko urusha izindi album zose yakoze kuko indirimbo zose ziriho ari we gusa waziririmbye akaba nta wundi muhanzi bafatanije.

Mu bintu bidakunze gutinyuka gukorwa n'abahanzi harimo kudasohora album wifatanije gusa ariko Timaya we akaba agiye guca agahigo ko kubikora nyuma y’imyaka 6 yari ishize adasohora album n'imwe.

Iyi album yise Gratitude ikazaba igizwe n’indirimbo zigera kuri cumi n’eshanu. Indirimbo ibimburira izindi zose akaba ari iyo aherutse gushyira hanze yise Born To Win.

Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, Timaya yatangaje amazina y’indirimbo zizaba ziri kuri album ye nshya yise Gratitude. Yanashimiye byimazeyo abafana be bamushyigikiye kuva mu mwaka wa 2006 ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere yise Dem Mama.



Timaya agiye gushyira hanze album nshya





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND