Agahinda gakabije benshi karabasaga ndetse bikagera n'aho bumva banzse Isi. Gusa igitangaje ni uko benshi batazi ko ari indwara nk’izindi ndetse ntabwo batekereza ko ivurwa igakira! Menya uko wakwirida iyi ndwara ndetse n'icyo wakora mu gihe yakubase.
Agahinda
gakabije (depression) ntabwo buri gihe kigaragaza uko ubitekereza, hari abakagira
bikabarenga kugera ku kigero cy'uko bakumva mu mubiri, bakitakariza
icyizere ndetse bakaba banatekereza kwiyahura.
Ku rundi
ruhande, hari abandi bakomeza imirimo yabo ya buri munsi bakamwenyura, bagaseka
yewe ntibihungabanye n’akazi kabo ka buri munsi nyamara hari bamwe bagendana
ishavu n’agahinda ku mutima batinya ibihe bizaza.
Bishobora
kukubaho ukumva utishimye, utanyunzwe, wigunze mbese uhangayitse ariko bikaba
iby'igihe gito bigashira ibyo n’ibisanzwe.
Ese byaba
byarigeze bikubaho kuba urikumwe n’inshuti zawe, ukamwenyura yewe ukanaseka
kandi mu mutima uri gushengurwa n'intimba n’agahinda, gahoro gahoro mu buryo
utazi uyu mubabaro wo mu mutima urangwa no kubura ibyishimo, amahoro,
n’umunezero iyo bibaye iby'igihe kirekire, ntibiba bikiri ibisanzwe biba
byahindutse uburwayi (indwara y’agahinda gakabije).
Ubushakashatsi
bwatangajwe n’urubuga rwa who.com bwerekanye ko abantu barenga million 300 ku
mwaka barwara indwara y’agahinda gakabije, muri bo 800,000 bapfa biyahuye.
Kuki abantu bagira agahinda?
Kugira agahinda bishobora guterwa n’ibintu byinshi bitandukanye birimo: kubura uwo wakundaga, guhemukirwa, igihombo gikabije, gutsindwa, kumanurwa mu ntera, ubuzima bubi n'ibindi byinshi bitandukanye.
Mu kureba icyaba gitera iki cyago twifashishije igitabo LOSS SADNESS AND DEPRESSION cyanditwe John Bowlby, avuga ko; Mu mikorere y’ubwonko umuntu agira ibinyabutabire bijyana amakuru byitwa neurotransmitters; aha turibanda ku byitwa dopamine, seratonine ndetse na norepinephrine. Ibi binyabutabire cyangwa se neurotransmitteers bikorerwa mu gace k'ubwonko kitwa hypothalamus/midbrain.
Izi
neurotransmitters ni zo zigena ibyishimo bya muntu, imitekereze ye, ubwirinzi,
kwigegensera, imyitwarire ndetse n’ibitotsi. Igihe dopamine, seratonine ndetse
na norepinephrine zagabanutse ni ho usanga umuntu nta kwirinda, ahubuka, kwitakariza icyizere, ndetse no kwikemurira ibibazo bimugora.
Ibi
ntibigarukira aho; umutima utera cyane bikazamura umuvuduko w'amaraso ndetse
n’ubwirinzi bw’umubiri bugacika intenge. Ibi bikuzanira n’izindi ndwara
zitandukanye nk’indwara z’umutima hypertension, diabete, igifu n’izindi. Nubwo
twakira ibintu ku buryo butandukanye; hari abo birenga bagafata umwanzuro wo
kwiyambura ubuzima
DORE BIMWE MU BIRANGA UMUNTU UFITE
DEPRESSION;
1. Kubabara
ariko ntumenye icyabiguteye
2. Kubura
ibitotsi
3. Kunanuka
4. Umujagararo
(stress)
5. Kwiheba
6. Kumva
ntagaciro ufite
7. Kumva ko
nta muntu ugukunda cyangwa akuri hafi aha ni ha handi usanga bamwe bafata
icyemezo cyo gusiba numero zose zo muri telephone nk’uburyo bwo kwiha amahoro
nyamara ntibamenye ko bari kwiharurira inzira ibaganisha ahabi mu nzira zo
kwiyahura.
8. Kugira
ibyishimo birenze mu gihe runaka mu mwanya muto ukaba ufite agahinda gakabije
9. Gusezera
abantu nk’utazongera kubabona
10. Kwishora
mu bikorwa bishobora kukwambura ubuzima nko gutwara imodoka ku muvuduko ukabije,
gufata ibiyobyabwenge, inzoga n’itabi ku kigero cyo hejuru, guhagarara hejuru
y’inyubako ndende cyane n'ibindi nk’ibyo.
11. Kuganira
ibiganiro byerekeza ku kwiyambura ubuzima
Ese kugira agahinda gakabije biravurwa bigakira?
Yego! Agahinda gakabije ni indwara ivurwa igakira, mu muvuzi bugezweho ivurwa mu buryo
butandukanye, mu busanzwe usanga hari abantu bagira agahinda bakabigumana
muri bo, bikaba ubuzima bwabo bw’ibanga, bamwe bakaba bari kumwe n’inshuti zabo
baseka bamwenyura ariko ku mutima bari
gushengurwa n’intimba n’agahinda, abanyarwanda bo bagira bati “amarira
y’umugabo atemba ajya munda”.
Uku kugumana
ibi bibazo muri bo ni byo bikomeza kubangiza kugera ku kigero cyo kuba intandaro
y’izindi ndwara nk’umuvuduko w’amaraso uri hejuru, diabetes, kwibagirwa
bikabije nizindi.
www.healthline.com
ivuga ko kuganira bifasha umurwayi w'agahinda gakabije gukira burundu, gusa iyo
bikomeje kunanirana hifashishwa n'ubufasha bw'imiti uhabwa n’abaganga b’inzobere
mu by’imitekerereze ndetse n’ubujyanama bw’umwihariko.
Niba ufite
agahinda gakabije dore ibyo ugomba gukora;
A. Talk therapy: Kwivuza uburwayi bw’agahinda gakabije bisa
nko gufata urugendo kuko ntabwo agahinda ari indwara wivuza ngo ihite ikira ako
kanya, icyo abahanga benshi n’abashakashatsi bahurizaho ni uko kuganira biza
ari wo muti wa mbere uvura iyi indwara bizwi nka talk therapy, aha uhitamo
umuntu ubona wizeye kandi wakugira inama, nk’umukuru w’umuryango, umukuru
w’idini usengeramo, inshuti yawe magara ukamubwira ibyawe byose ukaruhuka aha
uba utangiye inzira yo gukira.
B. Psychotherapy: Ubu buryo busa nk’ubwo twavuze haruguru gusa bwo ni ibiganiro ugirana
n’umuganga w'inzobere mu by’imitekerereze, psychologist, aguha ubufasha bw’isanamitima, akomora ibikomere, akakugira n’inama.
C. Medication therapy: Medication therapy ni uburyo bwo gukoresha imiti wandikiwe n’abaganga, aha bigusaba kujya kwivuza kwa muganga. Kugira agahinda gakabije ni indwara
ivurwa igakira nyamara mu bihugu byinshi biri mu nzira z’amajyambere usanga
abenshi bagize ubu burwayi babuhungira mu nzoga n’itabi ngo ni ko kwimara
agahinda. Gusa inama iruta izindi, gana muganga agufashe arahari ku bwa we.
D. Ugomba kumenya ko ntakitagira iherezo: Ugomba kumenya ko ntakitagira iherezo kandi
ukazirikana ko ibyabaye udashobora kubihindura ahubwo ukibanda cyane mu
guhangana n’ingaruka ibyabaye bigusigiye. Ni byo uyu munsi watsinzwe, ariko ejo
komeza ukore uzatsinda, wabuze uwo wakundaga ni yo nzira ya twese, tangira wige
kubaho utamufite, ikindi uzirikane ko iyi nzira hari benshi bayinyuzemo kandi
bakayisohokamo amahoro.
E. Gerageza gukora ibyo ukunda: Gukora ibyo ukunda bizagufasha kuzana amarangamutima meza. Nko kumva indirimbo ukunda, kuganira n’abantu ukunda, gutemberera ahantu ukunda by’umwihariko ubushakashatsi bwerekana ko gutemberera mu busitani (nature) bigabanya agahinda gakabije.
F. Gerageza gukora ibintu bishya: Abahanga mu by'imitekerereze bavuga ko n'ubwo agahinda ari
kabi ariko gafasha umuntu mu guhanga udushya, gerageza nawe rero urebe ko aya
mahirwe wayabyaza umusaruro.
G. Kora imyitozo ngorora mubiri,
usinzire neza, unafate indyo yuzuye
Bimwe mu byo
kurya ugomba kwibandaho harimo, inyama, imboga n’imbuto, naho ibyo ugomba kwirinda harimo ibirimo caffeine
nk’ikawa, ukirinda nanone itabi n'inzoga. Nukurikiza izi nama agahinda gakabije kazaguhindura
ibyishimo bihoraho.
Kanda hano usobanukirwe byinshi kuri iyi ndwara
UBUZIMA
BWIZA NI ISHEMA RYACU!
Byanditswe na M.Chadrack, N.Laban na
M.Leon Pierre
TANGA IGITECYEREZO