RFL
Kigali

Otile Brown wamamaye cyane mu Rwanda nyuma yo gukorana na Meddy na The Ben ari mu bahiriwe na muzika

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:5/11/2020 19:23
0


Umuziki, ni kimwe mu bintu bikugira icyamamare mu gihugu ukomokamo no hanze yaho. Kuri ubu umuhanzi Otile Brown, ni umwe mu bakunzwe cyane muri Kenya ariko utari amenyerewe cyane mu Rwanda usibye ku bakurikira cyane ibya muzika y’Afurika y’Iburasirazuba.



Uyu muhanzi uri mu bafite ijwi ryiza cyane, Jacob Obunga uzwi cyane ku kazina ka Otile Brown, yigaruriye imitima ya benshi mu njyana ya R&B muri Kenya. Otile kandi ni umuhanga mu kwandika indirimbo, umucuranzi wa gitari n’ibindi bicurangisho bya muzika. Yamenyekanye cyane mu itangazamakuru nyuma yo kumurika indirimbo yasohotse mu 2016 yise "Imaginary Love" igaragaramo  umuraperi Khaligraph Jones.

Singer Otile Brown Parades New Catch Months After Dumping Nabayet (Photos) -

Nyuma yashyize ahagaragara alubumu ye ya mbere yitwa “Best Of Otile Brown” muri Mata 2017. Iyi alubumu yarimo indirimbo zakunzwe cyane nk'indirimbo "Basi", "Alivyonipenda", "Shujaa Wako", "DeJavu" na "Aiyolela". Yari yaranakoranye n'abahanzi nka Sanaipei Tande, n'abandi ariko ntamenyekane cyane.

Gusa uyu muhanzi impano ye ni iya kera kuko yatangiye kuririmba no kwandika indirimbo afite imyaka 13. Indirimbo yirahira yamugize uwo ariwe ni “Imaginary Love”, yasamiwe hejuru n’abanyamakuru,

Kuva yatera imbere mu muziki wo muri Kenya, Otile yabonye ibihembo byinshi birimo "Umuhanzi wakoze indirimbo y’amashusho meza muri Pulse Music Awards 2018 kubera indirimbo ye yise "Baby Love". Mu 2018 yavuzwe cyane ubwo yari mu rukundo n’umunyamideli uzwi muri Kenya, Vera Sidika.

Otile Brown trolled for selling 'Overpriced' suits

Otile yahiriwe n’umuziki we mu gihe gito, maze abahanzi batandukanye bajya kumwirebera muri Kenya bakorana indirimbo, zimwe mu ndirimbo ze zakiriwe neza kuri YouTube, harimo indirimbo yitwa; Chaguo La Moyo (yarebwe n’abasaga Miliyoni 22), Baby Love (yarebwe n’abasaga Miliyoni 12), Dusuma yakoranye na Meddy ubu imaze kurebwa n’abasaga Miliyoni 14 ku rukuta rwa Youtube.

The Ben na Otile Brown basohoye indirimbo bakorany - Inyarwanda.com

Otile atangiye kumvikana cyane mu Rwanda nyuma yo gukorana na The Ben na Meddy

Mu Rwanda, kuva mu mwaka wa 2019, abakunda umuziki batangiye kumenya uyu muhanzi. Nyuma yo gukorana na The Ben indirimbo 'Can’t Get Enough', yarebwe n’abasaga Miliyoni 2, muri 2020 yongera kumvwa cyane mu ndirimbo ye na Meddy “Dusuma”.

KANDA HANO WUMVE DUSUMA


KANDA HANO WUMVE CAN’T GET ENOUGH









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND