RFL
Kigali

Sano Olvier mu ndirimbo nshya ivuga ku bushobozi bw’Imana inamwibutsa ibihe bikomeye yanyuzemo abantu bose bamwita bihemu

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:4/11/2020 14:14
0


Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Sano Olvier yashyize hanze indirimbo nshya yitwa “Dependable God” igaragaza ubushobozi bw’Imana yakomeje uyu muhanzi mu bihe yanyuzemo yita ibikomeye aho abantu benshi bamwitaga umuhemu.



Sano Olvier yamenyekanye cyane ubwo yari mu rukundo na Uwera Carine uzwi nka Cadette uba muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, biba akarusho bamaze gutandukana nyuma yo gusezerana imbere y’amatego bitegura kubana akaramata, maze abantu benshi batangira kwibasira umusore nk'uwariye imitungo y’umukobwa yarangiza akamwanga kandi bari bamaranye hafi imyaka 3 bari mu munyenga w’urukundo.


Mu kwitwa Bihemu ahantu hose, Sano Olvier avuga ko Imana ikora ibitangaza, kuko yamukomeje imutera imbaraga zo kwihangana no gukomeza ibikorwa bye bya muzika. Uyu muhanzi umaze gusohora indirimbo zisaga 10, yasohoye “Dependable God” bishatse kuvuga ngo ''Imana Niyo kwishingikirizaho''. Muri iyi ndirimbo harimo amagambo avuga ko 'Imana Niyo intera Imbaraga''.

Ku gitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo, Sano Olvier aganira na INYARWANDA.COM, ahamya ko mu gihe wanyuze mu bihe bikomeye nta kintu na kimwe wakora utabanje kwishingikiriza Imana, kuko ariyo ishobora byose, ikomeza umuntu, akiyibagiza ibyamubayeho byose.


Yagize: “Mu butumwa buri mu ndirimbo, nashakaga kwerekana ko nta kintu na kimwe umuntu ashobora kwishingikirizaho uretse Imana gusa, kuko iri hejuru ya byose, abantu bashobora kukuvaho bakakwanga ariko Imana yo ntabwo yakuvaho ni nayo igutera imbaraga, ikanagukomeza mu bihe bikugoye.

Rero nta kindi umuntu agomba kwishingikirizaho uretse Imana yonyine. Imana  yarankomeje ubwo bose bari baramvuyeho banyita umugome, umwambuzi bakantera amabuye, ariko siko byari bimeze nta kindi nari gukora usibye kwisunga Imana nk’umurimo nkora buri munsi”.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO “DEPENDABLE GOD” YA SANO OLVIER



Sano Olvier umuhanzi wa Gospel uri kuzamuka neza mu Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND